Kuva ibi bitaramo byatangira, byagiye binyuzwa ku rubuga rwa ‘Onstage.rw’, aho uwifuza kubikurikira yishyura 5000 Frw, akareba igitaramo cyose kuva gitangiye kugeza kirangiye.
Amani Africa uhagarariye Artland, itegura ibi bitaramo ku bufatanye na Watu Wave, yavuze ko abakunzi b’umuziki batazabasha kugera i Bugesera badakwiye kwiheba kuko bazashobora kugikurikira bifashishije ikoranabuhanga.
Ati "Mu bitaramo bibiri byabanje twagerageje uburyo bwose bushoboka, abantu barabikurikiye kandi byagenze neza. Ntekereza ko niba hari utubazo twabayeho twose twagaragaye kandi twarakemuwe, ku buryo igitaramo cy’i Bugesera nta kabuza abantu bazakiryoherezwa kurushaho."
Igitaramo cy’i Bugesera giteganyijwe ku wa 27 Kamena 2026, kikaba ari icya gatatu muri bine bigize ‘Summer Country Tour’, yatangiriye i Musanze ku wa 13 Kamena 2026, ikomereza i Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026.
Iyi gahunda y’ibitaramo izasozwa ku wa 4 Nyakanga 2026 mu Karere ka Rubavu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!