00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abato bakumiriwe mu gitaramo cya UB40 i Kampala

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 1 March 2024 saa 09:36
Yasuwe :

Abatujuje imyaka y’ubukure muri Uganda bakumiriwe mu gitaramo cy’itsinda mpuzamahanga UB 40 ryo mu Bwongereza.

UB40 ryari rimaze igihe ritegerejwe muri Uganda, ryageze muri iki gihugu mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 29 Gashyantare 2024, ryakirwa n’itangazamakuru.

Iri tsinda rikigera kuri Entebbe International Airport, ryatangaje ko ryiteguye gutanga ibyishimo ku bakunzi baryo ndetse ko bagiye kubasubiza mu buryohe bwo muri 1980.

Nyuma yo gutangaza ibi, abashinzwe kureberera inyungu z’iri tsinda, bashyize hanze itangazo ryatunguye benshi, ribuza abatujuje imyaka 18 kwitabira iki gitaramo ndetse rikabuza ababyeyi kwitwaza abana.

Uretse kutitwaza abato, abateguye iki gitaramo ‘UB40AliCampbell Concert’ barimo Ali Campbell uzafatanya n’iri tsinda, bakumiriye ibitangazamakuru byose bitari abaterankunga, gufata amashusho cyangwa amafoto.

Iki gitaramo cyari cyarasubitswe mu 2023, giteganyijwe ku wa Gatandatu tariki 2 Werurwe 2024 ahazwi nka ‘Kololo Independence Grounds’.

Ubwo abagize UB40 bari bageze i Kampala

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages