Mu basore batowe kuri uyu munsi, harimo barindwi bazaserukira Intara y’Amajyaruguru n’umunani bazaserukira iy’Uburengerazuba baza biyongera ku bandi batanu bazaserukira Intara y’Uburasirazuba batowe kuri uyu wa Gatandatu.
Mu Ntara y’Uburengerazuba, hari hiyandikishije abasore 57 bagombaga guhatana, ariko abagera kuri 11 nibo basanze bujuje ibisabwa kugira ngo barenge amajonjora ari nabo bahatanye hagakomeza abagera ku munani gusa.
Mu Ntara y’Amajyaruguru ho, hari hiyandikishije abagera kuri 47, ariko barindwi gusa nibo basanze bujuje ibisabwa ndetse bose birangira babonye amahirwe yo gukomeza mu cyiciro gikurikiraho.
Mu basore bahatanaga bose, abenshi bahisemo gukoresha ururimi rw’Ikinyarwanda keretse umwe wahatanye mu Majyaruguru wahisemo gukoresha Igifaransa n’ubwo yari azi Ikinyarwanda mu buryo buhagije.
Abahataniraga amahirwe yo gukomeza guhatanira ikamba rya Rudasumbwa 2022, mu Ntara y’Uburengerazuba uko ari 11 ni Jimmy Mugunga, Jean Pierre Musafiri, Moise Iradukunda, Dr James Muhumuza, Patrick Ndayisaba, Yassin Hamiid, Boize Mugisha, Venant Twagirimana.
Bose babonye amahirwe yo gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho uretse Nshuti Jonathan, Dushimimana Robin na Niyonizera Alain batagize amahirwe yo gukomeza.
Mu Ntara y’Amajyaruguru hahatanye abahungu barindwi bari bambaye nimero zibaranga zikurikira, ndetse bose bagira n’amahirwe yo gukomeza mu cyiciro gikurikiyeho.
Abo ni Rukundo Manzi Jonathan, Ngabo Jules Maurice, Amani Patient, Patrick Murego, Tuyishime Fils Valentin, Mahoro Rwego Yves na Nibamwe Théogene
Bamwe mu bitabiriye iri jonjora ry’irushanwa, bishimiye iki gikora n’amahirwe bahawe, bavuga ko biteguye gukomeza guhatana kugeza ku ntsinzi no gushyira mu bikorwa imishinga bafite kuko bizeye ko izateza imbere benshi.
Ngabo Jules Maurice ufite imyaka 20 y’amavuko, yagize ati “Ndamutse ntsinze, nakwita ku mushinga wo kwita ku bibazo by’imitekerereze abana batagira ababyeyi bahura nabyo kuko hari igihe bafashwa mu bundi buryo ariko ntibitange igisubizo kuko baba batazi ikibitera n’uko bo babitekereza. Nzabegera tujye inama dushakire hamwe ibisubizo."
Mu bari bagize akanama nkemurampaka harimo umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Royal Fm, Sunday Justin wamenyekanye ubwo yabaga umujyanama wa Miss Josiane Mwiseneza na Sebudwege Chear usanzwe ari Visi Perezida wa Imanzi Ltd itegura iri rushanwa rya Mr Rwanda.
Iri rushanwa kuri ubu ryiyandikishijemo abasore 700 hirya no hino mu gihugu ryatangiriye mu Karere ka Rwamagana hatoranywa ba rudasumbwa bazahagararira Intara y’Iburasirazuba.
Iri rushanwa rya Mr Rwanda 2022, rizakomereza mu Ntara y’Amajyeofo mu Karere ka Huye kuwa 28 n’ i Kigali kuwa 30 Werurwe 2022. Ibishingirwaho ni ubwiza ubuhanga n’umuco, naho rudasumbwa we azatoranywa muri Gicurasi akazahembwa imodoka ifite agaciro ka miliyoni 10 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!