Urubyiruko rusaga 200 ni rwo rwitabiriye aya marushanwa y’ibanze yabereye mu Karere ka Huye mu minsi itatu kuva ku wa 15 Ugushyingo kugeza ku wa 17 Ugushyingo 2023.
ArtRwanda-Ubuhanzi ni umushinga ugizwe n’irushanwa rishaka ndetse rikanashyigikira abanyempano mu nganda ndangamuco mu gihugu hose.
Abanyempano bayitabiriye banyuzwe n’urubuga bashyiriweho rwo kwerekana impano bafite.
Umwanditsi w’Ibitabo, Byukusenge Claudine, yavuze ko iri rushanwa ari umwanya mwiza wo kwerekana impano.
Yagize ati "Kwandika bimba ku mutima. Uyu ni umwanya mwiza wo gukomeza kwagura impano yanjye."
Uyu mukobwa w’imyaka 21 afite ibitabo byinshi birimo icyo yise “Umubwira iki?’’ yitegura kumurika mu mpera za 2023.
Yakomeje ati "Icyo nabwira urubyiruko ni ukubyaza umusaruro amahirwe dufite, ni cyo gihe cyo guharanira kugera ku nzozi zacu, gutegura ahazaza hacu n’ah’abazadukomokaho."
Umusizi Ntakirutimana Yvonne w’imyaka 23 na we yishimiye kubona abamufata ukuboko. Yagize ati "Aya ni amahirwe adasanzwe, buri wese akenera aho agaragariza impano ye."
Afite ibisigo birimo "Gahorane Imana Ngaboyisonga" kirata imiyoborere myiza ya Perezida Kagame.
Umukozi wa Imbuto Foundation mu Ishami rishinzwe Kongerera Ubushobozi Urubyiruko, Muhire Alexis, yavuze ko impano babonye zitanga icyizere ku hazaza habo.
Yagize ati "Mu Majyepfo batweretse ko hari impano. Twabonye ishyaka n’ubushake bafite bwo kuzamura impano zabo."
Muri aka gace hagaragaye abanyamuziki benshi ugereranyije n’ibindi byiciro.
Yakomeje ati "Abo twakiriye batweretse ko abana bato bafite impano n’u Rwanda rufite impano zikeneye kwitabwaho."
Muhire Alexis yakanguriye urubyiruko rwo mu tundi turere gukomeza kwitabira iri rushanwa kuko bafite amahirwe yo kwerekana impano zarwo.
Akanama nkemurampaka kanyuzwe n’urwego rw’abanyempano
Mazimpaka Jones Kennedy, umaze imyaka 30 akina ndetse akanayobora filime, ni we uyobora akanama nkemurampaka. Yavuze ko abana baba banyotewe no kwigaragaza.
Yagize ati "Twabonye ubushake n’urukundo rw’ibyo abanyempano bashaka kugaragaza. Icyo bashaka ni uguhabwa amahirwe yo kwigaragaza no guhabwa inama."
Yavuze ko buri Karere kari gafite umwihariko ariko abanyempano bigaragaje cyane barimo abaririmbyi n’abasizi.
Mazimpaka yavuze ko abanyempano babonye batanga icyizere ku hazaza h’inganda ndangamuco.
Biteganyijwe ko amarushanwa azakomereza mu Ntara y’Iburasirazuba aho azabera mu Karere ka Kayonza ku wa 21-23 Ugushyingo 2023.
ArtRwanda-Ubuhanzi igamije gushaka abanyempano mu ruganda ndangamuco mu gihugu hose. Itoranya urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18-30 rufite impano mu byiciro icyenda birimo Kwandika no Gutunganya Filime, Gufotora, Ubugeni bwifashishije ikoranabuhanga, Ikinamico n’Urwenya, Imbyino, Imideli, Umuziki, Ubusizi n’Ubuvanganzo ndetse n’Ubugeni.
Inkuru wasoma: Imbamutima za Alyn Sano na Rumaga binjiye mu Kanama Nkemurampaka ka ArtRwanda-Ubuhanzi (Amafoto)
Kuri Hotel Mater Boni Consilii hateguwe bibereye kwakira #ArtRwanda_Ubuhanzi. Byose biri ku murongo mbere y'uko abanyempano batangira kwakirwa n'Akanama Nkemurampaka.#AguraImpanoYawe https://t.co/1W0L3sBLZR
— ArtRwanda - Ubuhanzi (@ubuhanziRw) November 15, 2023
Dusabemariya Claudienne nyuma yo kugirwa inama yo kwagura impano ye mu cyiciro cya 2 cya #ArtRwanda_Ubuhanzi, yagarutse ari mushya!
Yamuritse imivugo irimo uwo yise “Turwanye ibiyobyabwenge’’ usaba Urubyiruko kubyirinda no kubirwanya. #TunyweLess pic.twitter.com/I82e40gRve
— ArtRwanda - Ubuhanzi (@ubuhanziRw) November 16, 2023
Ukuboko kwa Senga Robert kwasigiwe gukora ibihangano binyura ijisho.
Uyu munyempano akora ubugeni mberajisho. Yasobanuye ibihangano bye birimo icyerekana Harriet Tubman
wigobotoye ubukoloni akanacira abandi inzira yo kubuvamo.#AguraImpanoYawe pic.twitter.com/gziPqZyRwA— ArtRwanda - Ubuhanzi (@ubuhanziRw) November 16, 2023
Ishimwe Redempta atwemeje ko yavamo umuraperi mwiza!
Yasukiranyije amagambo agize indirimbo "Ikinyarwanda'' y'Umuraperi Riderman na Bruce Melodie mu buryo bw'imbaraga nyinshi ndetse yitwara mu buryo abakora iyi njyana babigenza ku rubyiniro.
Ni uwo guhangwa amaso! pic.twitter.com/mW6FDveMUl
— ArtRwanda - Ubuhanzi (@ubuhanziRw) November 16, 2023
Amafoto: ArtRwanda-Ubuhanzi



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!