The Ben yatangarije IGIHE ko nyuma y’indirimbo "Ndi uw’i Kigali" agiye gushyira hanze indirimbo ye nshya yise “ Afrika Mama Land” ikaba ari nayo izitirirwa Album ye nshya ari gutegura.
The Ben yabwiye IGIHE ko we n’abahanzi bagize itsinda rya PressOne bifuza ko ubabona wese yababona nk’abanyafurika ko bumva bafite ishyaka, ryo kwitwa bo, ari nayo mpamvu babinyuza mu ndirimbo bakora.
Indirimbo zirimo “Ndi uw’i Kigali”, “Nzaririmba Igitangaza”, “I am In love”, "Oya ma" n’izindi abagize “Pressone” bakomeje gukora, nizo bifashisha mu bitaramo bya “Ndi uw’i Kigali Tour” bakomeje gukorera muri Leta zune ubumwe za Amerika.
Abahanzi barimo The Ben, K8 Kavuyo na Meddy bavuga ko bafite icyizere cy’uko umuziki w’u Rwanda, uzashyira ukamenyekana muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.



















TANGA IGITEKEREZO