00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Alex Iwobi wakiniye Arsenal agiye gusohora EP

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 31 March 2026 saa 01:19
Yasuwe :

Alex Iwobi wakiniye Arsenal ariko ubu akaba akinira Fulham FC, amakipe yombi yo mu Bwongereza, agiye gushyira hanze Extended Play (EP) nyuma y’imyaka ibiri yinjiye mu muziki.

Iwobi yagaragaje ko ari EP yitwa “More To Life” ikazaba iriho abahanzi bakomeye bayigizeho uruhare. Uyu mukinnyi asanzwe anakinira ikipe y’ighugu ya Nigeria, Super Eagles.

Ibinyujije kuri Instagram yayo, radio yo muri Nigeria yitwa ‘The Beats 99.9FM’ yagize iti “Gutegereza byarangiye! Umushinga ukomeye wo muri studio wa Alex Iwobi, ‘More To Life’, uzasohoka ku wa 9 Mata. Mwitegure imbuga zaka”.

Iwobi ukina mu kibuga hagati azwi cyane mu irushanwa rya English Premier League (EPL). Akoresha izina rya 17 mu muziki rikaba ari imibare yanditse ku myenda uyu mukinyi akinana dore ko mu makipe yose yakinnyemo; Arsenal, Everton na Fulham yambara iyi nomero.

Ku gifuniko cy’itangazo ry’iyi EP hagaragaraho amafoto ye yo mu bwana mu myaka ya 1998, 2004, na 2010, ibigaragaza ko ishobora kuzibanda ku buzima bwe bwite nk’uko n’izina ryayo ribicamo amarenga.

Izaba iriho abahanzi nka Giddi, Teniola Time, 4AM, P17, SPKS wakinananaga na Iwobi, Amadou Onana ukinira Aston Villa ndetse na Fido uzwi cyane mu ndirimbo ‘Joy Is Coming’ yabaye iya mbere y’umwaka wa 2025 muri Nigeria.

Uyu mukinnyi akomeje urugendo rwe rwa ruhago afatanya na muzika yakunze mu buto bwe dore ko yakunze umuziki akiri ingimbi. Yatangaje ku mugaragaro ko yinjiye mu muziki mu 2024.

Ni we mukinnyi wa mbere mu mateka y’Isi ukina muri shampiyona ya Premier League watangaje ku mugaragaro ko yinjiye muri muzika.

Alex Iwobi wakiniye Arsenal agiye gusohora EP

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages