Uyu muhanzikazi uri mu Bubiligi yabwiye IGIHE ko yagiye gushyigikira Israel Mbonyi no gushyira akadomo ku myiteguro y’igitaramo cye, yaje kwanzura ko kizaba ku wa 5 Ukwakira 2024.
Iki gitaramo byitezwe ko kizabera muri hoteli yitwa ‘Thon Hotel Bristol Stephanie’ iherereye mu Mujyi wa Bruxelles, ni mu gihe amakuru menshi kuri iki gitaramo azatangazwa mu minsi iri imbere.
Aline Gahongayire ariko kandi wanagaragaye mu gitaramo cya Israel Mbonyi yaboneyeho umwanya wo gutumira abakunzi b’umuziki bari bahakoraniye kutazagira ubura mu cye.
Aline Gahongayire ni umwe mu bahanzikazi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana bamaze igihe muri uyu murimo.
Uyu muhanzikazi ukunze kwiyita Dr Alga, akunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo Ndanyuzwe, Izindi mbaraga yakoranye na Niyo Bosco, Ntabanga n’izindi nyinshi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!