Uyu muhanzikazi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yatangiye kwamamaza imyenda n’ibindi bikoresho bifite ibirango bya album ye yise ‘Rumuri’ yamaze gushyira ku isoko.
Ibi bicuruzwa byiganjemo imyenda biri kugurishirizwa ku rubuga rwa ‘Icqon’ aho biri kugurishwa hagati ya 20USD-35USD (ibihumbi 20Frw-35Frw).
Mu kiganiro na IGIHE, Alyn Sano yavuze ko yashyize ku isoko ibi bicuruzwa nyuma y’ubusabe bw’abakunzi be batahwemye kubimusaba bityo ahamya ko cyari igihe cyo kubasubiza.
Ku rundi ruhande ni umuhanzikazi uhamya ko abakunzi be bakwiye kugura ibi bicuruzwa mu rwego rwo kumushyigikira.
Ati “Umuhanzi uba usanga uretse gukora umuziki yagatekereje ibindi bintu byamwinjiriza, ni uko rero nyuma yo kujya inama n’abantu batandukanye niyemeje gushyira ku isoko imyenda n’ibindi bicuruzwa byatuma abantu banjye banshyigikira.”
Mu mpeshyi y’umwaka ushize nibwo Alyn Sano yasohoye album ye ya mbere yise Rumuri ikaba imwe mu zimaze iminsi zigezweho mu muziki w’u Rwanda.
Iyi album igizwe n’indirimbo 13 harimo izikubiyeho umuziki wumvikanamo ibicurangisho nyarwanda, Abasaamyi bo ku Nkombo n’ibindi bitandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!