00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto 50 yaranze igitaramo cya Gen-Z Comedy; hicaye abazindutse gusa

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 26 July 2024 saa 11:35
Yasuwe :

Mu gitaramo cya Gen-Z Comedy cyabaye mu ijoro ryo ku wa 25 Nyakanga 2024, ubwitabire bwari hejuru ku buryo utazindutse byamusabaga kukireba ahagaze cyangwa agashaka aho ahengeka agatebe kuko imyanya yari igenwe yashize rugikubita.

Ni igitaramo cyari cyatumiwemo abanyarwenya babiri baturutse muri Uganda barimo Teacher Mpamire na Dr. Hilary Okello biyongeragaho Ambasaderi w’abakonsomateri na benshi mu bazamukiye muri ibi bitaramo bya Gen-Z Comedy.

Iki gitaramo cyari cyanatumiwemo Massamba Intore wagombaga kuganiriza urubyiruko rwagikoraniyemo.

Ubusanzwe iki gitaramo kibera mu ihema ryakira abantu babarirwa hagati ya 1500-2000 icyakora mu ijoro ryakeye hari hakubise huzuye ku buryo kubona aho umuntu atera agatebe byari ingorane zikomeye.

Mu kiganiro na IGIHE, Fally Merci yavuze ko ari ibintu bishimishije uburyo abantu bakomeje kugaragaza urukundo bakunda ibitaramo byo gusetsa bya ‘Gen-Z Comedy’ ahamya ko ibi ari byo bibatera imbaraga zo gukora cyane.

Ati “Biba ari ibintu bishimishije, buri wese ntekereza ko yakwishimira gutegura igitaramo nk’iki kikitabirwa kuri uru rwego. Ibi ni byo bidutera imbaraga zo gukora cyane ngo tutazabatenguha.”

Ku rundi ruhande, Fally Merci yavuze ko mu by’ukuri ubwitabire bw’iki gitaramo bwamushimishije, asaba abantu kujya bagura amatike kare mu rwego rwo kwirinda umuvundo ku muryango ndetse anabasaba kujya bahagerera igihe kuko uwatinze hari igihe ahura n’ikibazo cyo kubura aho yicara.

Ibitaramo bya Gen-Z Comedy biba kabiri mu kwezi, buri wa kane hirengejwe uwo igiherutse kiba cyarabereyeho.

Fally Merci yari yakiriye Massamba Intore nk'umuhanzi wagombaga kuganiriza urubyiruko rwitabiriye iki gitaramo
Massamba Intore yagize umwanya uhagije wo kuganira n'urubyiruko rwitabiriye Gen-Z Comedy
Gen-Z Comedy ni igitaramo gisigaye cyitabirwa n'abatari bake
Abanyamakuru Ruvuyanga na Christelle Isimbi ntibakunze gucikwa n'ibi bitaramo
Nyabitanga usanzwe akora ibijyanye no gutera urwenya ntakunze gucikwa na Gen-Z Comedy
Arifuza gutahana agafoto k'urwibutso
Ihema riberamo ibi bitaramo ryari ryakubise ryuzuye
Uretse kuganira Massamba Intore yasusurukije n'urubyiruko rwitabiriye Gen-Z Comedy
Banyujijemo bacinya n'akadiho
Si iby'abato gusa...
Muyoboke Alex ni umwe mu badakunze gucikwa n'ibi bitaramo
Umunyarwenya Dudu wazamukiye muri Gen-Z Comedy ni umwe mu basusurukije abitabiriye iki gitaramo
Kepa Nyirudushya uri mu banyarwenya bazamukiye muri Gen-Z Comedy ni umwe mu bishimiwe bikomeye
Muri iki gitaramo hicaye uwazindutse
Rumi na we wazamukiye muri Gen-Z Comedy ni umwe mu bari batekerejweho muri iki gitaramo
Biba bigoye kwicara muri iki gitaramo udaseka
Gen-Z Comedy yamaze kwigarurira imitima y'urubyiruko
Urwenya ruba muri Gen-Z Comedy rutuma nta wubasha guhisha amarangamutima ye
Upfa kuba witabiriye Gen-Z Comedy utahana akanyamuneza
Ibitaramo bya Gen-Z Comedy byabaye ahantu heza ho kuruhukira no gusohokera ku rubyiruko
Abanyamakuru Scovia Mutesi na Rugemana Babu bari mu bitabiriye iki gitaramo
Umunyamakuru wa RBA, Mugaragu David ni umwe mu bari bitabiriye iki gitaramo
Iki gitaramo cyari cyakubise cyuzuye
Cyusa Ibrahim yari yishimiye bikomeye iki gitaramo
Nyambo Jesca na Titi Brown ni bamwe mu badakunze gucikwa n'iki gitaramo
Umunyarwenya Muhinde yataramiye mu gitaramo cya Gen-Z Comedy
Yiyise Pilate akaba umwe mu bakunzwe cyane mu banyarwenya bazamukiye muri Gen-Z Comedy
Hari abakurikiye iki gitaramo bahagaze
Killaman utakoze muri iki gitaramo yari yitabiriye Gen-Z Comedy
Teacher Mpamire yabanje ku rubyiniro nk'umwarimu
Urwenya n'ibyishimo birajyana, muri Gen-Z Comedy abantu baba bishimye
Iyo wemeje abakunzi b'urwenya ntaho bagukinga bakwereka ko banyuzwe
Dr. Hilary Okello ni umwe mu banyarwenya bo muri Uganda bakunze kwiyambazwa muri Gen-Z Comedy
Teacher Mpamire mu isura ya Perezida Yoweli Kaguta Museveni
Benshi bishimira uburyo Teacher Mpamire yigana Perezida Museveni wa Uganda
Ibitaramo bya Gen-Z Comedy bitanga ibyishimo mu rubyiruko

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages