00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto yo gusaba no gukwa Sarah Sanyu umuririmbyi wa Ambassadors of Christ

Yanditswe na Munyengabe Murungi Sabin
Kuya 23 July 2018 saa 09:49
Yasuwe :

Uwera Sanyu Sarah, umuririmbyi uri mu bahanga cyane muri Korali Ambassadors of Christ yo mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi yakowe n’umusore bitegura kurushinga mu birori byabaye kuri uyu wa 22 Nyakanga 2018.

Sarah Sanyu ageze kure imyiteguro yo kurushingana n’umukunzi we Kayumba Aimé bamaze imyaka irenga gato ibiri bakundana. Aba bombi beretse ibirori imiryango yabo kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Nyakanga ubwo uyu musore n’abamuherekeje berekeje i Karangazi mu Karere ka Nyagatare gusaba umugeni.

Ibirori byo gusaba no gukwa Sarah Sanyu Uwera byabereye ahitwa mu Kayange mu gice cyegeranye neza na Tanzania. Sarah Sanyu yari yashyigikiwe n’abaririmbyi bo muri Ambassadors of Christ banamuririmbiye muri ibi birori.

Yakowe nyuma ‘iminsi mike ishize akorewe ibirori bya “Bridal Shower” byari byahurije hamwe inshuti ze magara, ba nyirasenge n’abo baririmbana bamuhaye impanuro zizamuherekeza mu rugo rushya yitegura gushinga. Ibi birori byabereye iwabo ku Kimihurura ku wa 4 Nyakanga 2018.

Sarah Sanyu azwi cyane muri Ambassadors of Christ kubera ijwi rye ryuje ubuhanga kandi rikundwa n’abatari bake bafashwa n’indirimbo z’iyi Korali, aririmbana na musaza we Nelson Manzi (uyu ni na we wamutanze ubwo Kayumba Aimé yari yaje gutanga inkwano).

Sarah Sanyu yamenyekanye cyane atera mu ndirimbo zirimo “Birakwiye gushima”, “Yesu we” n’izindi yatangiye kuririmba muri Ambassadors of Christ mu mpera za 2006 akiga mu mashuri yisumbuye. Yatangiye kuririmba kuva mu bwana bwe nk’impano yavukanye igenda ikura.

Sanyu Sarah Uwera na Kayumba Aimé bazasezerana imbere y’Imana ku wa 29 Nyakanga 2018, kuri Kigali English Church Kibagabaga, ibirori bikomereze muri Romantic Garden ku Gisozi.

Umuteguro w'ahabereye ibirori byo gukwa Sarah Sanyu
Kayumba n'abari bamuherekeje ku munsi yagiye gusaba umugeni
Kayumba Aimé ubwo yiyerekaga umuryango wa Uwera Sarah Sanyu
Kayumba hano yari ategereje umugeni we
Manzi Neldon[iburyo] ubwo yari agiye gutanga mushiki we Sarah Sanyu
Hano Sarah Sanyu yari amaze gutangwa
Uwera Sarah Sanyu ku munsi wo gusabwa kwe ni uku yari yasokoje imisatsi
Kayumba na Sarah bahoberanye bashirana urukumbuzi
Aba bombi bari bamaze imyaka isaga gato ibiri bakundana
Hano Kayumba yarimo yereka Sarah abo mu muryango we
Umunsi w'amateka kuri Sarah na Kayumba
Aba bombi bazambikana impeta ku wa 29 Nyakanga 2018
Kayumba Aimé na Uwera Sarah Sanyu bamenyaniye ku rusengero aho ateranira kuri Kigali English Church i Kibagabaga
Sarah Sanyu, umuririmbyi ukomeye cyane muri Ambassadors of Christ

Amafoto: Museme Nabii Yves


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages