00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amarozi, ishyari n’ubujura mu byatumye kwa Rihanna haraswa

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 10 March 2026 saa 05:58
Yasuwe :

Umugore warashe ku nzu Rihanna abanamo n’abana be n’umugabo we, A$AP Rocky, yatangaje ko yabitewe n’uburozi, ishyari n’ubusambo ashinja Rihanna.

Nyuma yo kurasa ku rugo rwa Rihanna ruherereye mu gace ka Beverly Hills, hagaragaye amashusho Lisette Ortiz yashyize kuri shene ye ya YouTube avuga ko yibwe ndetse akanagirirwa nabi na Rihanna.

Ati “Simukunda kandi ahora iteka agerageza kunyiba. Mukwiye gukanguka mukareka kumwitaho. Njyewe ntiyaza ngo anyibe ibitekerezo. Rihanna ni umuzimu, ntashaka ko mba uwo ndi we, ntashaka ko mba Umukirisitu w’Imana.”

Yakomeje avuga ko “Kubera ko ari uko bimeze, ntandukanye na we. Rihanna nupfa Imana izansohoreza umugambi. Urashaka kunyica ariko ntibizaguhira”.

Uyu mugore yanashinje Rihanna ko akoresha imyuka mibi y’Abadayimoni kandi ari umutangabuhamya wabyo. Ati “Ni umurozi naramwiboneye”.

Kugeza ubu amakuru ahari avuga ko uyu mugore afite ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe, cyane ko nta bimenyetso bigaragaza ko aziranye na Rihanna.

Ortiz si ubwa mbere afunzwe kuko mu 2023 yatawe muri yombi azira kubangamira no guhohotera John Doe bahoze babana nk’umugore n’umugabo. Bapfaga umwana babyaranye.

Bikekwa ko Lisette Ortiz warashe kwa Rihanna afite ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe
Rihanna yabaye avuye i Los Angeles nyuma yo kuraswa ku rugo rwe
Benshi bababajwe no kumva Rihanna na ASAP Rocky bakunda batewe
Iyi ni inzu ya Rihanna yari arimo ubwo yaraswagwaho
Polisi y’i Los Angeles yahise itabara nyuma yo kumenyeshwa ko urugo rwa Rihanna rwarashweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages