Ni ndirimbo zirimo byinshi mu byo afungiwe kugeza uyu munsi harimo iyitwa ‘I admit it’, aho aririmba yemera ko yasambanyije abakobwa bakiri bato kandi abisabira imbabazi.
Mu majwi ya R Kelly yatanzwe n’umwunganira mu mategeko ku kinyamakuru cya TMZ yahakanye ko atigeze asohora ‘Album’ ivuga ku byaha afungiwe cyane ko ari mu nzira yo kujurira.
Uyu muhanzi ahakana ko atigeze akora izi ndirimbo kandi n’ijwi ririmo atari irye, asaba ko abo bantu babifitemo uruhare bakurikiranwa.
Nyuma y’amasaha make izi ndirimbo zishyizwe hanze ku rubuga rw’indirimbo nka ‘Spotify’ na ‘Apple Music’ zahise zikurwaho.
Sosiyete ifite uburenganzira bw’indirimbo z’uyu muhanzi ‘Sony Music’ nayo yahakanye ko ifite uruhare kuri izi ndirimbo 13 ziri kuri iyi ‘album’ mu kuzikora no kuzitanga ku mbuga z’indirimbo.
Iyi sosiyete ya ‘Sonic Music’ kandi yabwiye ikinyamakuru cya ‘TMZ’ ko bagiye gukurikirana ufite uruhare mu gushyira hanze izi ndirimbo.
Umuhanzi Robert Sylvester Kelly wamenyekanye ku izina rya R Kelly yakatiwe igifungo cy’imyaka 30 ku byaha byo gukoresha imibonano mpuzabitsina abana bato b’abakobwa, akarenzaho no kubafungirana mu byumba.
R Kelly w’imyaka 55, ni umuhanzi w’umunyamerika wakunzwe cyane mu myaka ya 1990 ku ndirimbo ze nka ‘I believe I can fly’ yatsindiyeho Grammy Award inshuro eshatu, ‘when a woman’s fed up’, ‘The Storm is over now’, n’izindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!