00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Andi mahirwe ku batazitabira igitaramo cya Ambassadors of Christ Choir

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 26 August 2026 saa 10:47
Yasuwe :

Ambassadors of Christ Choir iri mu myiteguro y’igitaramo cyabo giteganyijwe ku wa 30 Kanama 2026, yatekereje ku batazabasha kucyitabira muri BK Arena, bateguza uburyo bwo kuzagikurikira hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ibi ubuyobozi bwa ‘Ambassadors of Christ Choir’ bwabigarutseho mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru ku wa 25 Kanama 2026 ubwo bakomozaga ku myiteguro y’igitaramo cyabo.

Aha bakaba bamaze impungenge abari kure cyangwa abatazabasha kugera muri BK Arena bahamya ko na bo bashyiriweho uburyo bwo kuzakurikira iki gitaramo hifashishijwe ikoranabuhanga.

Iki gitaramo cyahujwe no kwizihiza imyaka 30 iyi korali imaze mu murimo wo kwigisha ijambo ry’Imana binyuze mu kuramya no guhimbaza Imana.

Muyoboke Alex uri gufasha iyi korali gutegura iki gitaramo, yavuze ko amatike ari kugurwa cyane ndetse kugeza ubwo bakoraga ikiganiro bageze ku kigero cya 85% aboneraho gusaba abanyamakuru kubafasha bakayamara ku isoko.

Ati “Amatike ari kugurwa neza ari kugana ku musozo kuko kugeza ubu tugeze nko ku kigero cya 85%, icyakora mwese mudufashije mugatangaza aya makuru vuba cyane twatangaza ko yashize ku isoko.”

Ku rundi ruhande Muyoboke Alex yavuze ko abatazabasha kwitabira iki gitaramo bashyiriweho amahirwe yo kuzagikurikira hifashishijwe ikoranabuhanga binyuze ku rubuga rwa Onstage.rw

Kunyuza iki gitaramo kuri uru rubuga bizaha amahirwe abakunzi ba Ambassadors of Christ Choir yaba ababa mu mahanga n’abatuye mu Rwanda batazabasha kucyitabira.

‘Ambassadors of Christ Choir’ yatekereje ku batazabasha kwitabira igitaramo cyayo
Abanyamakuru bari bitabiriye ari benshi mu kiganiro cyo kubagezaho aho imyiteguro y'igitaramo cya Ambassadors of Christ Choir igeze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages