00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika igiye gutaha inzu ndangamurage yagenewe kubungabunga injyana ya Hip-hop

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 31 May 2026 saa 10:53
Yasuwe :

Leta ya New York, imwe muri 50 zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagennye miliyoni 1$ nk’amafaranga azifashishwa mu mirimo yo kurangiza inyubako y’inzu ndangamurage y’injyana ya Hip Hop.

Ni inzu iri kubakwa mu gace ka Bronx gaherereye muri iyi leta ariko binagamije kuzamura gusigasira iyi njyana ku Isi hose muri rusange.

Ni amafaranga ari mu ngengo y’imari ya miliyari 269$ yagenewe Leta ya New York.

Ni inzu yabanje kwitwa Universal Hip Hop Museum ariko ikaba igiye guhindurirwa izina ikitwa Hip Hop Museum.

Iyi nzu ndangamurage izamurikwa inatahwe muri uyu mwaka wa 2026 dore imirimo yo kuyubaka iri kugana ku musozo.

Uyu mushinga umaze imyaka myinshi uri gushyirwa mu bikorwa witezweho kuba kimwe mu bikorwa bizashyira itafari ku muziki w’iyi njyana.

Iri mu za mbere igiye gutahwa yitezweho kuzateza imbere iyi njyana.

Yitezweho kuzajya yerekanirwamo ikanaberamo ibikorwa by’ingenzi bishingiye kuri Hip-hop birimo kuyobora ibirori, kuvanga imiziki, kubyina, gushushanya, kumurika imideli n’ibindi.

Ubuyobozi bwa Leta ya New York bwavuze ko aya mafaranga atari ay’ishoramari gusa ahubwo ko agamije no gutanga amahirwe yo kubona akazi, ubukerarugendo ndetse n’ibikorwa by’ubushabitsi bw’abahatuye.

Abanyabigwi bazwi muri iyi njyana barimo LL Cool, Nas, Fat Joe, na Grandmaster Flash bari mu bari guteza imbere uyu mushinga w’iyi nzu ndangamurage iri kubakwa ku buso bwa metero kare 4.831.

Amerika igiye gutaha inzu ndangamurage yagenewe kubungabunga injyana ya Hip-hop

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages