Binyuze ku rubuga rwa Instagram, umuryango Ladies in Media Organization ukorera muri Ghana, watangaje Anita Pendo nk’umwe mu bagore bahatanye mu bihembo utegura bya ‘Ladies in Media’.
Anita Pendo uhatanye muri ibi bihembo bigiye gutangwa ku nshuro ya kabiri, yatangaje ko yiteguye kuzana iki gihembo mu Rwanda, agahigika abagore baturuka mu bihugu birimo Zimbabwe, Afurika y’Epfo, Ghana n’ahandi.
Abinyujije kuri Instagram, yagize ati “Reka tuzane n’iki ngiki mu rugo pe."
Anita Pendo ahatanye mu cyiciro cya ‘African Female Entertainment Show Host of the Year’ n’abarimo Delay [Ghana], Jacinta Ngobese [Afurika y’Epfo], Vanessa Marawa [Afurika y’Epfo], Azeeza Hashim [Kenya], Matela [Afurika y’Epfo], Violet Gwara [Zimbabwe], Rita Isaaka [Ghana], n’abandi.
Ladies in Media Awards ni ibihembo byatangijwe n’umuryango Ladies in Media Organization mu 2022, mu rwego rwo kuzirikana uruhare rw’abagore n’abakobwa bari mu itangazamakuru ryo muri Afurika.
Amatora y’ibi bihembo ari kubera ku rubuga rw’uyu muryango, aho ateganyijwe kurangira tariki 17 Werurwe 2024.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!