Anita Pendo abyaye uyu mwana nyuma y’amezi make yari ashize atangaje ko ari mu rukundo n’umunyezamu wa AS Kigali witwa Ndanda Alphonse ndetse bateganyaga kurushinga.
Anita yabyariye mu Murenge wa Remera mu bitaro bya La Croix du Sud bizwi cyane nko kwa ’Nyirinkwaya’.
Ku mbuga nkoranyambaga hari gucicikana ubutumwa bwishimira imfura ya Pendo na Ndanda. Tidjara Kabendera anyuze kuri Instagram abwira Pendo gusubirayo ati “Nta mahwa ariyo maaa. Imana igira neza.” Anongeraho ko kwitwa umubyeyi ari umunyenga.
Urukundo rwa Anita Pendo na Ndanda rwatangiye kuvugwa mu Ukuboza 2016 ubwo Anita yeguriraga umutima we Ndanda waje asimbura Producer David wo muri Future Records bari bamaze igihe kinini bakundana bakaza gutandukana ku bushake bwabo.
Mu minsi ishize MC Anita Pendo yatangaje byeruye ko yitegura kwibaruka, inkuru yashimishije benshi mu nkoramutima ze banabigaragaza mu butumwa banyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Anita yibarutse nyuma y’iminsi ibiri gusa agaragaye mu gikorwa cyahuje abahanzi n’abazwi mu ngeri zitandukanye cyo gukusanya inkunga yo kuvuza umwana witwa Sheja ‘Together For Sheja’ ufite ikibyimba mu bwonko, cyabereye i Remera.
Nzeyimana Ndanda wabyaranye na Anita ni umukinnyi wa ruhago, yabaye umunyezamu wa Rayon Sports igitozwa na nyakwigendera Jean Marie Ntagwabira ayivamo mu 2014 ajya muri Esperance ayikinira umwaka umwe.



















TANGA IGITEKEREZO