Ibi Ariel Wayz yabigarutseho mu kiganiro na IGIHE ubwo yamurikaga indirimbo ye nshya yise ‘Waiting’ yakoranye na Bensoul wo muri Kenya. Ni iya mbere ashyize hanze kuva yasinya muri Universal Music Group.
Ariel Wayz yavuze ko aya masezerano ayitezeho kumufasha gukora indirimbo nyinshi yaba ize ku giti cye ndetse n’izo azakora n’abandi bahanzi yaba abo mu Rwanda no hanze yarwo.
Ariel Wayz yavuze ko iyi sosiyete ayitezeho kumufasha kuba umuhanzi mpuzamahanga.
Ati “Bigomba kuzana impinduka yaba mu muziki ndetse no mu buzima busanzwe [...] iyi ni indirimbo ya mbere dusohoye kuva namara gusinya, reka turebe aho bigana. Hari imiziki myinshi irimo n’iyo nzakorana n’abandi bahanzi yaba abo mu Rwanda n’abo hanze. Gahunda ihari numva niteze muri aya masezerano ni ukwagura umuziki wacu ukagera ku isoko mpuzamahanga kuko turashoboye kandi turabikwiye.”
Ariel Wayz ahamya ko Universal Music Group nka sosiyete mpuzamahanga yizeye ko izamufasha muri uru rugendo.
Uyu muhanzi yanaboneyeho guteguza abakunzi be album ateganya gusohora ndetse n’igitaramo cye bwite nubwo yirinze kugaruka ku gihe ibi byose bizabera.
Akomoza kuri Bensoul bakoranye indirimbo ye nshya, yavuze ko ari umwe mu bahanzi b’abahanga bazi no gucuranga, ariko by’umwihariko akamukundira uburyo yicisha bugufi ndetse anashimangira ko asanzwe ari umufana we.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!