Ni igitaramo Jules Sentore yashyigikiwemo n’abahanzi batandukanye barimo Chrissy Neat wanabanje ku rubyiniro, akurikirwa n’Umukondo Gatore washimishije abitabiriye iki gitaramo by’umwihariko ku kuntu ahuza injyana ya Rap n’umudiho wa gakondo.
Itorero Ishyaka ry’Intore ryari ryabukereye na ryo ryanyuze benshi muri iki gitaramo mbere y’uko bakira Peace Jolis wabanjirije Jules Sentore ku rubyiniro.
Jules Sentore winjiriye mu ndirimbo ze zo hambere zizwi, yanyujijemo aririmba zimwe ziri kuri album ariko ukabona abantu bakonje.
Ubwo yajyaga gufata akaruhuko, Jules Sentore yahaye umwanya umusizi Rumaga asigara asusurutsa abitabiriye iki gitaramo binyuze mu buhanzi bwe.
Ubwo yari agarutse ku rubyiniro, Jules Sentore yatangiye kuririmba indirimbo ze zo mu myaka yo hambere abantu bazi maze si ukwizihirwa baratinda.
Nyuma y’umwanya aha ibyishimo abakunzi be, Jules Sentore yakiriye Massamba Intore ari nawe washyize akadomo kuri iki gitaramo.
Album nshya Jules Sentore yumvishije abakunzi be yayise ‘Umudende’, ikaba yarasohotse mu 2025 nyuma y’imyaka irenga itatu yari amaze asa n’uwafashe ikiruhuko mu muziki.
Iriho indirimbo zirimo “Rutemikirere”, “Ikirenga”, “Urumamo”, “Inka” yakoranye na Rugaba, “Inkuru y’Abahungu”, “Juru ry’Inyamibwa”, “Umutasi”, “Indamutsa” yahuriyemo na Bakuri, “Karimi”, “Usa n’u Rwanda”, “Minwanziga” na “Nkuyo” yakoranye na Nkuba.
Amafoto:Alpha Bruno Rugamba



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!