00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aurore Kayibanda yizihije imyaka 10 ishize yambitswe ikamba rya Miss Rwanda

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 1 September 2022 saa 11:33
Yasuwe :

Mutesi Aurore Kayibanda wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2012 arishimira umugisha yahawe n’Imana mu myaka 10 ishize ubwo yambikwaga ikamba rya Miss Rwanda afite imyaka 20.

Mu butumwa buherekeza amafoto 10 yashyize ku rubuga rwa Instagram yanditse ashima Imana, inshuti n’umuryango bamubaye hafi igihe yari afite ikamba.

Ati “Ndashimira Imana ishobora byose yampaye umugisha wo kuba Nyampinga w’u Rwanda mu myaka 10 ishize kandi ikanyobora muri uru rugendo. Ndashimira buri muntu wese wanshigikiye mu buryo bumwe cyangwa ubundi cyane cyane ku bw’urukundo mwanyeretse. Ndashimira ababyeyi n’umuryango wanjye kuba barambaye hafi kandi bakanshyigikira.”

Mutesi Aurore ari mu Rwanda nyuma y’imyaka isaga itandatu ari hanze yarwo. Yakomeje avuga ko imyaka 10 ishize itari yoroshye ariko yayinyuzemo neza.

Ati “Iyi myaka 10 ishize rwari urugendo rukomeye ariko turacyahagaze twemye. Imana ibahe umugisha mwese.”

Mutesi Aurore yasoje ubutumwa bwe yifashisha amagambo yavuzwe na Nelson Mandela asaba abantu kujya bishimira ibihe by’igenzi bagize mu buzima bwabo.

Uretse kuba Mutesi Aurore yarabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2012, yanambitswe Ikamba rya Miss FESPAM ryatangiwe mu Mujyi wa Brazzaville mu Iserukiramuco Nyafurika rya Muzika, Festival Panafricain de la Musique mu 2013.

Kayibanda Mutesi Aurore, yambitswe ikamba rya Miss Rwanda afite imyaka 20, yiga mu mwaka wa mbere mu Ishuri Rikuru ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga rya Kigali (KIST)
Kayibanda Mutesi Aurore yatowe mu bakobwa 15
Muri uwo mwaka Aurore Mutesi yanambitswe Ikamba rya Nyampinga w’Umurage (Miss Heritage)
Umuryango wa Miss Aurore wishimiye n'intsinzi ye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages