Ibi Big Dom yabikomojeho nyuma yo gusohora indirimbo nshya yise ‘Rwanda urashamaje’, ahamya ko yakoze kubera uburyo abona Igihugu cye gitera imbere umunsi ku wundi.
Big Dom yagize ati “Icya mbere ni amahoro n’umutuzo Abanyarwanda bafite biva ku mutekano, icya kabiri ni iterambere rigaragarira amaso yaba mu myubakire no ku isuku.”
Uyu muhanzi yakomeje avuga ko ibindi yishimira umunsi ku wundi ari imibanire myiza hagati y’Abanyarwanda nyuma y’amateka yarubayemo ndetse n’imiyoborere myiza y’abayobozi b’u Rwanda.
Uyu muhanzi ahamya ko uburyo u Rwanda ruri gutera imbere bitera ishema buri wese ku buryo we nk’umuhanzi yifashishije inganzo ye mu kurata ibyiza rumaze kugeraho.
Ati “Buri munyarwa ukunda u Rwanda aho aherereye hose, abona ibyiza byinshi rwagezeho. Ni ahacu rero mu gushyiraho itafari ryacu. Njye rero nk’umuhanzi nakoresheje inganzo yanjye.”
Iyi ndirimbo nshya ya Big Dom ibimburiye izindi ari gutunganya zizaba zigize album nshya ari gukoraho, akaba aherutse kubwira IGIHE ko azayimurikira i Kigali.
Big Dom ni umwe mu bahanzi bamaze igihe mu muziki w’u Rwanda cyane ko yawutangiye ari umubyinnyi wamenyekanye cyane mu itsinda rya Cool family.
Mu 2005 nibwo Big Dom yasohoye indirimbo ye ya mbere yise ‘Igishwi’. Yakoze kandi izindi zamenyekanye nka ’Ange Orange’.
Nyuma yo kwamamara, Big Dom yaje kwimukira i Burayi kuri ubu akaba asigaye atuye mu Bufaransa aho amaze imyaka 15 ndetse kuri ubu arubatse akaba afite umwana umwe yabyaranye n’umukunzi we ukomoka muri Israel.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!