Inkuru z’uko Hamisa yaba ari mu rukundo n’uyu musore w’imyaka 29 usanzwe akinira ikipe y’Igihugu ya Burkina Faso, zatangiye guhwihwiswa nyuma y’amashusho y’aba bombi yagiye hanze bari kumwe ku kibuga cy’indege mu 2024. Iki gihe bari bavanye ku mukino barebanye.
Kuva icyo gihe bakunze kugaragara bari kumwe, ariko ntiberure ngo bahamye urukundo rwabo.
Nyuma y’igihe kitari gito mu itangazamakuru havugwa inkuru z’urukundo rwabo ndetse no ku mbuga nkoranyambaga badahabwa agahenge, yaba Hamisa Mobetto na Aziz Ki baciye amazimwe, basangiza ababakurikira amashusho y’ibihe byiza bakomeje kugirira mu Mujyi wa Dubai.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Hamisa Mobetto yagize ati “Niwe gisigo nari nararose kwandika!”.
Ni amagambo yakurikiranye n’ayo Aziz Ki yari amaze gusangiza nawe abamukurikira agira ati “Amahoro, urukundo, n’ibyishimo.”
Amakuru y’urukundo rushya rwa Hamisa avuzwe nyuma y’aho atandukanye na Kevin Sowax wo muri Togo, wari waranamuhaye impano y’imodoka ya Range Rover.
Hamisa Hassan Mobetto w’imyaka 30 y’amavuko, asanzwe ari umubyeyi w’abana babiri, ndetse ni umwe mu bakora ibijyanye no kumurika imideli, abifatanya n’ubundi buhanzi nubwo umuziki we atakiwushyiramo imbaraga nk’izo yakoreshaga agikundana na Diamond banabyaranye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!