00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bobi Wine yarekuwe atanze ingwate

Yanditswe na Munyengabe Murungi Sabin
Kuya 27 August 2018 saa 12:48
Yasuwe :

Umuhanzi ubifatanya no gukora politike, Robert Kyagulanyi na bagenzi be bareganwa barekuwe by’agateganyo n’Urukiko Rukuru rwa Gulu kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Kanama 2018.

Urukiko rushingiye ku mpamvu zatanzwe na buri wese, rwemeye ko Bobi Wine n’itsinda ry’abantu umunani bafunzwe ku itariki ya 13 Kanama 2018 barekurwa by’agateganyo bagakurikiranwa bari hanze.

Abafunguwe ni Hon Robert Kyagulanyi, Kassiano Wadri, Gerald Karuhanga, Paul Mwiru, ndetse na Mike Mabikke wahoze ari umudepite wa Makindye. Abarekuwe bari mu itsinda ry’abantu 33 baherutse gufatirwa muri Arua bashinjwa guteza imvururu n’imidugararo muri aka gace ari naho imodoka za Perezida Museveni zajanjaguriwe.

Urukiko rwemeye kurekura abaregwa buri wese yemeye gutanga ingwate y’amashilingi miliyoni eshanu ndetse akerekana abantu batatu bamwishingira aramutse atorotse ubutabera.

Abishingizi b’abaregwa biganjemo abadepite bagenzi babo. Abishingizi na bo buri wese yasabwe gutanga miliyoni icumi. Bobi Wine ufatwa nka gashoza ntambara w’ibyabereye muri Arua, yatanze abamwishingira batatu barimo Depite wa Buyaga West , Barnabas Tinkasimire, uwahoze ayobora Ishyaka FDC Gen Mugisha Muntu, na mukuru we Eddy Yawe Ssentamu.

Ubushinjacyaha bwasabye urukiko ko abaregwa bakimara gufungurwa by’agateganyo rwahita rufatira impapuro z’inzira zabo, umucamanza Stephen Mubiru yamagana ubu busabe kuko ‘mu barekuwe hari abashobora gusaba kujya kwivuza mu mahanga’.

Bobi Wine yari yishingikirije imbago mu cyumba cy'urukiko

Umucamanza ariko yategetse Depite Kassiano Wadri w’agace ka Arua kutazigera akandagira muri aka gace ahagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko ndetse ngo yemerewe kujyayo gusa igihe yabisabiye uburenganzira kugira ngo atabangamira iperereza rigikorwa.

Mu rukiko, umwe mu baburanyi yituye hasi, abacamanza bavuze ko bishobora kuba byatewe n’uburyo abantu bari benshi mu cyumba cyasomewemo imyanzuro bityo akabura umwuka akagwa hasi.

Abaregwa hafi ya bose baje mu rukiko bacumbagira abandi baza bisunze imbago nk’ibimenyetso bishimangira ko bakubiswe nk’uko Bobi Wine yabigarutseho kenshi mu mvugo ze.

Umugore wa Bobi Wine aherutse kuvuga ko azaherekeza umukunzi we mu byo azacamo byose
Bobi Wine yaje mu rukiko bamurandase

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages