Yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege i Kanombe mu rukerera rwo ku itariki 05 Mutarama 2024 ahagana Saa Munani n’Igice.
Yari kumwe na Coach Gael umufasha mu muziki. Yakiriwe kandi n’Umujyanama we Kenny.
Bruce Melodie kandi yasanze umugore we Catherine n’abakobwa be baje kumwakira aho bari bitwaje indabo.
Ubwo yari ageze i Kanombe, yabwiye abanyamakuru ko ananiwe atabasha gukora ikiganiro ariko ko vuba cyane azabwira abanyarwanda abahanzi bashya agiye gufasha.
Uyu muhanzi yakoreye muri Amerika ibitaramo bitandukanye birimo ibyo yafatanyije na Shaggy byateguwe na iHeartRadio. Yanakoze ikindi gitaramo wenyine cyabaye mu mpera z’umwaka mu Mujyi wa Portland.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!