00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwiza yasubitse igitaramo yari yateguje muri Zambia

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 8 July 2026 saa 02:19
Yasuwe :

Bwiza yasubitse igitaramo yari yateguje i Lusaka muri Zambia ku wa 11 Nyakanga 2026 mu rwego rwo gutangira urugendo rw’ibizenguruka Isi ateganya gukora mu bihugu binyuranye amurika album ye ya gatatu yise ‘Home’.

Ni amakuru IGIHE yahamirijwe na Uhujimfura Jean Claude usanzwe ahagarariye inyungu z’uyu muhanzi wemeje ko yasubitse ibi bitaramo kubera ubusabe bw’abafatanyabikorwa biganjemo abifuza kwifatanya na bo.

Ati “Hari abafatanyabikorwa bashaka ko twazakorana badusabye ko twakwigiza inyuma amatariki kugira ngo nabo bitegure ko twajyana muri uru rugendo kuko ni urugendo ruzaba ari rurerure.”

Uhujimfura yavuze ko nubwo bigije inyuma amatariki y’iki gitaramo, bagikomeje imyiteguro y’ibitaramo bizenguruka Isi ndetse mu minsi iri imbere hakazatangazwa amatariki mashya.

Mu 2025 Bwiza yamurikiye mu Bubiligi album ye ya kabiri yise ‘25 Shades’, mu gihe iya gatatu yifuza kumurika mu 2026 azayizengurutsa mu bihugu binyuranye birimo ibyo muri Afurika, i Burayi, Canada ndetse no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Bwiza ni umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda bageze kure mu gihe gito amaze mu muziki. Amazina ye nyakuri ni Bwiza Emerance, akaba yaratangiye kumenyekana cyane mu 2021 nyuma yo kwegukana irushanwa rya ‘The Next Diva- Indi Mbuto’ ryateguwe na KIKAC Music, ryamuhesheje amasezerano yo gukora umuziki nk’umwuga.

Nyuma yaho yasohoye EP yise “Connect Me” ndetse akomeza gukora indirimbo zakunzwe zirimo Ahazaza, Warubizi na Wibeshya.

Uyu muhanzi yitabiriye ibitaramo bikomeye birimo “Trace Awards” ndetse amaze gushyira hanze album zirimo My Dream na 25 Shades yamurikiye mu Bubiligi mu gihe kuri ubu yitegura gushyira hanze iyitwa “Home”.

Bwiza yasubitse igitaramo yari yateguje muri Zambia

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages