Bruce Melodie yegukanye igihembo cy’umuhanzi ufite album y’umwaka ‘Colorful Generation’, The Ben yegukana icy’umuhanzi w’umwaka.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, Bruce Melodie yaciye amarenga ko hari bagenzi be bakeneye guhabwa ibihembo nabo utubati twabo tukagira ibitujyamo.
Ati “Ibikombe maze kubigwiza muze kugenda murebe […] n’abandi mubahe n’abari bafite duke duke babahe, abantu bafite amajage n’amagobori mu kabati bamanure bashyiremo ibihembo.”
Abanyamakuru babajije The Ben niba yaba ari mu bo yavugaga muri iki kiganiro, ashimangira ko niba yabivuze yiganiriraga.
The Ben ati “Icya mbere ntekereza ni uko ndamutse ndetse umuziki nonaha burundu, Bruce Melodie byamufata nk’imyaka icumi kugira ngo agire ibihembo natwaye. Ni umuhanzi mwiza, ariko ajya yibagirwa ko ndi mukuru we, hari ibihembo nabonye mbere y’uko atangira umuziki, hari ibyo nabonye akora, hari n’ibyo ndi kubona uyu munsi.”
The Ben yavuze ko Bruce Melodie ibyo avuga kenshi aba atebya, ati “Ndabizi ko abivuga atebya, nanjye yego simba nkomeje ijana ku ijana ariko nzi ko abizi neza.”
Aba bahanzi bakomeje guhigana ubutwari byitezwe ko bazahurira mu gitaramo ‘The New Year Groove’ kizabera muri BK Arena ku wa 1 Mutarama 2026.
Ni igitaramo byitezwe ko bazaba bahanganiranamo bishakamo uhiga undi mu kugira abakunzi benshi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!