Aka kabyiniro kari kakiriye ibirori byiswe ’Amapiano To The World’ byacuranzemo; Dj Marnaud , Major League Djs na Dj Toxxky bose bakaba bahurije ku gususurutsa abanya-Kigali bari bitabiriye ari benshi.
Uretse abafana bitabiriye ibi birori ku bwinshi, byanagaragayemo abantu b’ibyamamare nka; Miss Ingabire Grace, Kenny Sol, Itsinda rya Juda Muzik, Dj Infinity, Jack B n’abandi benshi.
Ibi birori byatangijwe na Dj Shooter, uyu wahawe urubyiniro mu ma saa yine z’ijoro, yamaze hafi isaha n’igice acuranga umuziki wiganjemo uw’abahanzi bo muri Afurika akurikirwa na Dj Toxxyk.
DJ Toxxyk wishimiwe cyane yamaze isaha n’igice acuranga nyinshi mu ndirimbo yavangagamo inyamahanga ndetse n’izo mu Rwanda.
Uyu musore akiva ku rubyiniro yafatanyagamo na Lucky Nzeyimana wamufashaga gushyushya abantu, itsinda rya Major League Djs ryahise rifata urubyiniro bugwate batangira gushyushya abakunzi b’umuziki bari bitabiriye ibi birori ku bwinshi.
Aba basore b’impanga batangiye gucuranga ku isaha ya saa tanu n’iminota 41, basoza ahagana saa saba mbere yo gusigira urubyiniro DJ Marnaud.
Ibi birori byasojwe na DJ Marnaud wacuranze anavuza ingoma za Kinyarwanda n’iza kizungu nk’umwihariko we utuma yishimirwa na benshi.
Umurishyo wa nyuma w’ibi birori wavugijwe ahagana saa cyenda n’igice z’igicuku n’ubwo bamwe bari batangiye gutaha ariko bose wabonaga banyuzwe n’umuziki bacurangiwe.
Amafoto: Shumbusho Djasiri



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!