00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cameron Diaz yibarutse ubuheture

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 5 May 2026 saa 12:35
Yasuwe :

Umukinnyi wa filime w’Umunyamerika wamamaye nka Cameron Diaz yibarutse umwana wa gatatu yabyaranye n’umugabo we Benji Madden usanzwe ari umunyamuziki ukomoka muri Amerika.

Uyu muhanzi, Benji, yabitangarije mu butumwa yanyujije kuri Instagram, ku wa 4 Gicurasi 2026, agaragaza ibyishimo by’uko we n’umugore we bibarutse bwa gatatu.

Ni umwana w’umuhungu bise Nautas Madden.

Ati “Njye na Cameron turishimye cyane, kandi turiyumvamo ko duhawe umugisha cyane wo kubatangariza umwana wacu wa gatatu, Nautas Madden. Ikaze ku Isi muhungu wacu.”

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo "Good Charlotte" yakomeje avuga ko we n’umugore we bakunda abana babo ndetse ko bishimira uburyo umuryango wabo wa ba ‘Madden’ ubayeho neza kandi wishimye.

Uyu mwana yiyongeye ku bandi babiri bari basanganywe. Imfura yabo ni Raddix, w’imyaka itandatu y’amavuko. Akurikirwa n’ubuheta Cardinal, w’imyaka ibiri y’amavuko.

Cameron na Benji, bombi bamaze imyaka isaga icumi babana nk’umugabo n’umugore. Bashyingiranywe muri 2015 nyuma y’igihe kitageze no ku mwaka bakundana.

Cameron Diaz yibarutse umwana wa gatatu yabyaranye n’umugabo we Benji Madden

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages