00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cardi B yaguye ku rubyiniro

Yanditswe na Berrick Munyeshyaka
Kuya 15 February 2026 saa 12:54
Yasuwe :

Cardi B uri mu bitaramo bizenguruka Amerika yise ‘Little Miss Drama’, ubwo yari i Vegas, yahawe urw’amenyo nyuma yo guhanuka ku ntebe.

Ku wa Gatanu, ubwo yaririmbaga Thotiana Remix, Cardi B, ari ku rubyiniro, yuriye intebe atangira no kubyinira abafana, azunguza ikibuno, iyi ntebe yaje kunyerera, birangira aguye abanje umugongo. Undi nawe akomeza kuririmba nubwo yari yaguye hasi.

Nyuma yo kugwa hasi, Cardi B yahise yumvikana avuga ati " Iyo yari leta", bijyanye n’uko ayishinja kumwibasira.

Muri aya mashusho akomeje gukwirakwira, iyo witegereje neza ku rubyiniro uhabona imisego yo kugwaho, bishoboka cyane ko iki gikorwa cyitabaye nk’impanuka gishobora kuba cyateguwe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages