Cardi B yavuze ko atishimira uburyo ubuzima bwe bwite buhora bukurikiranwa n’abantu, ndetse ko ibikorwa byo mu buzima bwe bihabwa umwanya munini mu itangazamakuru kurusha iby’abandi bantu b’ibyamamare.
Uyu muraperi w’imyaka 33, aherutse kugaragara asangira na Okoye ndetse n’inshuti zabo muri Gio’s Restaurant iherereye muri St. Regis Hotel i Venice mu Butaliyani, ibintu byatumye ku mbuga nkoranyambaga hatangira gukwirakwira amakuru avuga ko yaba afitanye umubano wihariye n’uyu munyezamu.
Mu mashusho yasakaye kuri internet, Cardi B yavuze ko abantu bakunze guha uburemere bukabije ibintu byose akora, mu gihe ibikorwa nk’ibyo by’abandi bantu b’ibyamamare bititabwaho cyane.
Ati “Nta kubeshya, ndi Britney Spears wa hip-hop. Nzi amakuru menshi ku byamamare, nzi kanaka ukundana na kanaka. Ariko nta muntu ubivugaho kuko nta we ubyitayeho.”
Yakomeje agira ati “Ariko iyo bigeze kuri njye, sinshobora gukora ikintu na kimwe abantu batakivuzeho. Biratangaje. Ugomba kwakira ibyiza n’ibibi. Ni ko bimeze. Abantu barishyura kugira ngo bumve inkuru nk’izi.”
Nubwo Cardi B atigeze avuga impamvu yatangaje aya magambo, benshi bashimangira ko afitanye isano n’uburyo akomeje kugarukwaho kubera umubano we n’uyu munyezamu wa Nigeria.
Amagambo ya Cardi B aje nyuma y’uko we na Maduka Okoye bakomeje kugaragara bari kumwe ahantu hatandukanye, harimo mu birori by’imideli bya Paris Fashion Week ndetse n’aho baherutse gusohokera i Venice.
Nubwo amakuru ku mubano wabo akomeje kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, Cardi B na Okoye nta n’umwe uragira icyo atangaza ku mugaragaro cyemeza ko bakundana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!