Ibi byamenyekanye binyuze mu nyandiko yashyikirije urukiko muri Gicurasi 2026, aho Cassie yavuze ko atakiri umuturage uba muri Leta ya California ahubwo asigaye atuye hanze ya Amerika. Yavuze kandi ko nubwo ari Umunyamerika mu buryo bwemewe n’amategeko ariko adateganya kongera gusubirayo.
Uyu mwanzuro uje nyuma y’igihe Cassie yari amaze agaragara cyane mu rubanza rwashinjwagamo Diddy ibyaha birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gukoresha imbaraga no kugenzura ubuzima bwe mu myaka isaga icumi babanye.
Mu buhamya bwe bwamaze iminsi ine mu rukiko, Cassie yasobanuye uko yabayeho imyaka myinshi ahohoterwa ndetse anaterwa ubwoba n’uyu muraperi.
Mbere y’urubanza, Cassie yari yareze Diddy mu 2023, ikibazo cyabo kirangizwa mu bwumvikane bwatumye ahabwa miliyoni 20$ (hafi miliyari 30Frw) y’impozamarira, hakaba haraniyongereyeho andi yahawe ubwo hajyaga hanze amashusho Diddy ari kumukorera ihohoterwa muri hoteli.
Abasesenguzi b’imyidagaduro muri Amerika bavuga ko kwimuka kwa Cassie bishobora kuba bifitanye isano no gushaka gutangira ubuzima bushya kure y’igitutu cy’itangazamakuru ndetse n’ingaruka z’izi manza amazemo igihe.
Nyuma yo gutanga ubuhamya bwe, yatangaje ko byamubereye urugendo rukomeye ariko rwamufashije gukira ibikomere no gutangira indi ntambwe y’ubuzima bwe ari kumwe n’umuryango we mushya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!