00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Chriss Eazy, Juno na Alyn Sano, bashimishije urubyiruko rwitabiriye igitaramo gisoza ‘Made in Rwanda Expo’

Yanditswe na Daniel Havugarurema
Kuya 27 January 2024 saa 09:18
Yasuwe :

Abahanzi barimo Chriss Eazy, Juno Kizigenza na Alyn Sano basusurukije urubyiruko rwitabiriye igitaramo cyasoje imurikagurisha rya ‘Made in Rwanda’ ritegurwa n’Umujyi wa Kigali.

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 26 Mutarama 2024, muri Car Free Zone hasojwe imurikagurisha rya ‘Made in Rwanda’ ritegurwa n’Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye.

Meya w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, yabanje kumurikira Minisitiri w’Urubyiruko no guteza imbere ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah, uburyo urubyiruko ruri kwihangira imirimo itandukanye, mu rwego rwo kwiteza imbere.

Meya Dusengiyumva yabwiye abitabiriye ibi birori ko bifuza kongerera isoko urubyiruko rwihangira imirimo muri Kigali.

Yijeje urubyiruko rwihangiye imirimo, ko nk’uko byasabwe mu Umushyikirano, bagiye kwihutisha gushakira ibyangombwa by’ubuziranenge, ibicuruzwa by’urubyiruko rwihangiye imirimo.

Yavuze ko kandi bifuza ko imurikagurisha nk’iri ryajya riba kenshi gashoboka, atanga umwanya kugira ngo abahanzi batangire basusurutse abari bateraniye mu Imbuga City Walk.

Muri gahunda yo gukomeza gushyigikira urubyiruko, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwateguye igitaramo kigomba guherekeza iri mpurikagurisha, cyitabiriwe n’abahanzi barimo Chriss Eazy, Juno na Alyn Sano.

Juno Kizigenza wabanje ku rubyiniro, yaririmbye indirimbo zirimo ‘Otsma’ yakoranye na Bishanya, ‘Jaja’ yakoranye na Kivumbi, ‘Fit’ yakoranye na 2Saint, ‘Yaraje’ n’izindi zitandukanye.

Nyuma ya Juno Kizigenza, hakurikiyeho Chriss Eazy winjiriye ku ndirimbo ‘Amashu’ yamwubakiye izina cyane, akurikizaho ‘Inana’; ‘Basi Sori’; n’izindi zirimo ‘Bana’ iri mu zigezweho muri iki gihe.

Uyu muhanzi yacurangiwe na mushiki we winjiranye mu muziki izina rya Mother Queen umaze igihe gito atangiye umwuga wo kuvanga umuziki.

Alyn Sano ni we washyize akadomo kuri iki gitaramo, aririmba indirimbo zirimo ‘Radiyo’; ‘Biryoha bisangiwe’ n’izindi zashyize akamwenyu ku rubyiruko rwari rwitabiriye.

Ubuki bwiganje mu bitunganywa n'uru rubyiruko
Ubwo Minisitiri Utumatwishima yasobanuirwaga uburyo urubyiruko rukoramo ibi bicuruzwa
Urubyiruko rwabyinnye indirimbo 'Bana' ya Shaffy na Chriss Eazy karahava
Urubyiruko rwagaragaje ko rwari rukumbuye ibitaramo bibera mu Imbuga City Walk
Urubyiruko rwagurishije bimwe mu bicuruzwa bakora
Meya w'Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva yavuze ko bifuza kongerera isoko urubyiruko rwihangira imirimo
Minisitiri Dr Utumatwishima Abdallah yijeje urubyiruko rwihangira imirimo ko hagiye kwihutishwa uburyo bwo kubona ibyangombwa by'ubuziranenge
Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi Dr Utumatwishima Abdallah yasuye bimwe mu bikorwa n'urubyiruko
Ngabonziza Emmy uyobora Akarere ka Nyarugenge, yishimiye gutaramana n'urubyiruko
Indirimbo 'Igitangaza' Juno yakoranye na Kenny Sol na Bruce Melodie, ni imwe mu zakunzwe cyane
Iri murikagurisha ryaberaga mu Imbuga City Walk ahazwi nka 'Car Free Zone'
Junior Giti n'umugore we Angel Umuhoza, baherekeje Chriss Eazy muri iki gitaramo
Juno Kizigenza ageze ku ndirimbo 'Nightmare' ibintu byahinduye isura mu bafana
Juno Kizigenza yeretswe urukundo rudasanzwe muri iki gitaramo
Chriss Eazy yazamuye amarangamutima ya benshi, mu rubyiruko rwitabiriye iki gitaramo
Chriss Eazy yeretswe urukundo rwinshi mu ndirimbo 'Bana'
Mother Queen, mushiki wa Chris Eazy ni we uba umuvangira imiziki ku rubyiniro
Ibikapu biri mu bicuruzwa byagurishijwe muri iri murikagurisha
Ibyishimo byari byose ku rubyiniro, rwitabiriye
Mugabekazi winjiranye mu muziki izina rya Mother Queen Eazy agaragaza ubuhanga bwe mu kuvanga umuziki
Alyn Sano yataramiye urubyiruko rwitabiriye igitaramo gisoza imurikagurisha rya 'Made in Rwanda'
Bamwe mu rubyiruko, bakoraga udushya ku magare mbere y'uko igitaramo gitangira
'Biryoha bisangiwe' yaririmbwe n'abitabiriye iki gitaramo, kugeza irangiye
Alyn Sano n'abasore b'ababyinnyi basusurukije urubyiruko rwitabiriye iki gitaramo

Amafoto: Herve Kwizera


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages