Amakuru IGIHE ifite ni uko uyu muhanzi yimukiye mu nzu ye mu minsi mike ishize, ibintu yakoze mu ibanga rikomeye kuko atifuzaga ko hari abajya kuyifotora atarasoza imirimo ya nyuma yayo.
Umwe mu bakorana n’uyu muhanzi waduhaye amakuru yagize ati “Nibyo rwose yimukiye mu nzu ye yujuje mu Karumuna ho mu Karere ka Bugesera. Ubundi byari byitezwe ko azatangira umwaka yarimutse ariko havutse utubazo twatumye bidakunda gusa ubu yamaze kwimuka.”
Uyu waduhaye amakuru yemeje ko yavuze ko hari imirimo ya nyuma ikiri gukorwa kuri iyi nzu, cyane cyane ijyanye no kuyitaka kugira ngo irusheho gusa neza.
Chriss Eazy yimukiye mu nzu ye mu gihe akomeje n’imyiteguro yo gutaramira muri Uganda mu gitaramo azakorera ahitwa ‘Nomad bar and grill,’ aho ategerejwe gususurutsa abakunzi b’umuziki we ku wa 14 Gashyantare 2025.
Ni igitaramo kizahita gikurikirwa n’icyo uyu muhanzi afite muri Suède ku wa 8 Werurwe 2025 ubwo azaba yifatanya n’Abanyarwanda bahatuye ku munsi mpuzamahanga w’abagore mu gitaramo azahuriramo na Spice Diana wo muri Uganda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!