00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Christopher yerekeje muri Canada (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 May 2024 saa 11:15
Yasuwe :

Nyuma yo gusohora indirimbo ye nshya ‘Vole’, Christopher yamaze guhaguruka mu Mujyi wa Kigali yerekeza muri Canada aho ategerejwe mu bitaramo bitandukanye birimo n’icyo azahuriramo n’Umurundi Mudibu.

Ku mugoroba wo ku wa 6 Gicurasi 2024 nibwo Christopher yahagurutse i Kigali yerekeza muri Canada aho agiye gukorera ibitaramo bitandukanye.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo yari ahagurutse i Kigali, yijeje abakunzi be ibitaramo byiza, icyakora yongeraho ko atazatindayo kuko afite akazi ko kurangiza album ye nshya.

Ati “Abakunzi banjye bari muri Canada bumve ko ngiye kugirana ibihe byiza nabo kuko nanjye numvaga nifuza gutaramirayo, nagiye mbona ubutumwa bw’abantu banjye baho nanjye nari nkumbuye bikomeye.”

Byitezwe ko ku wa 14 Gicurasi 2024 aribwo Christopher azatangirira ibitaramo bye mu Mujyi wa Montreal mbere y’uko yerekeza Ottawa.

Album nshya ya Christopher izaba igiye hanze nyuma y’iyo yise ‘Habona’ yamuritse mu 2013 n’indi yise ‘Ijuru rito’ yagiye hanze mu 2017.

‘Vole’ ije ikurikira izindi ndirimbo Christopher aherutse gushyira hanze zirimo Mi casa, Nibido, Hashtag na Pasadena.

Christopher ubwo yari yerekeje muri Canada
Christopher yavuze ko yiteguye guha ibyishimo abakunzi be bo muri Canada
Christopher yavuze ko nyuma y'ibitaramo afite muri Canada agomba kuzahita ataha i Kigali
Ibitaramo bya Christopher azabitangirira mu Mujyi wa Montreal
Muri Ottawa Christopher azahurira mu gitaramo n'Umurundi Mudibu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages