Nk’uko twabibasezeranyije, buri mpera z’icyumweru tubasangiza inkuru ikubiyemo indirimbo nshya ziba zasohotse mu rwego rwo kurushaho kubafasha gukomeza kuryoherwa n’impera z’icyumweru.
Nyanja ya Kevin Kade
Kevin Kade yasohoye indirimbo nshya yise ‘Nyanja’ aho amashusho yafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubwo aherukayo, yitabiriye ibirori bya ‘Rwanda Convention USA’.
Ni indirimbo Kevin Kade yafashijwemo na mubyara we, Jimmy Muyumbu ufite izina rikomeye muri Diaspora y’Abanyarwanda batuye muri Amerika, akaba yaramenyekanye mu myidagaduro ubwo yabaga ‘Parrain’ wa The Ben mu bukwe bwe.
Hoza ya Nel Ngabo na Platini
Nel Ngabo na Platini bakomeje gusohora indirimbo zigize album yabo ‘Vibranium’ muri iki cyumweru bashyize hanze iyitwa Hoza yakozwe na Davydenko.
Iyi ndirimbo ariko kandi benshi bayumvishe mu birori byo kumvisha ab’inkwakuzi iyi album byabereye muri Zaria Court mu ijoro ryo ku wa 30 Kanama 2025.
La Fin ya Khalfan Govinda
Khalfan Govinda yashyize hanze indirimbo ye nshya yise ‘La fin’, gusa bitandukanye n’uko asanzwe akora injyana ya Hip Hop, kuri iyi nshuro yatangiye kuririmba.
Ni indirimbo Khalfan Govinda aherutse kubwira IGIHE ko yayikoreye umukunzi we, Oxygen, uyu bakaba banabana nk’umugore n’umugabo.
Ndahiriwe ya Alicia na Germaine
Abakobwa bavukana bakorera umuziki wo kuramyano guhimbaza Imana mu Karere ka Rubavu, bakoze mu nganzo basohora indirimbo yabo nshya bose ‘Ndahiriwe’.
For you ya Kendo na Chris Hat
Abahanzi Kendo na Chris Hat bahuje imbaraga bashyira hanze indirimbo nshya bise ‘For you’.
Pull up ya Adolf na Bull Dogg na Ish Kevin
Adolf uri mu baraperi bagishakisha aho bamenera ngo bashyire izina ryabo ku ikarita y’umuziki w’u Rwanda, yasohoye indirimbo ye nshya ‘Pull up’ yahuriyemo n’abarimo Bull Dogg na Bushali.
Bitware gake ya Beat Killer
Beat Killer utajya uruhuka gusohora indirimbo cyane ko nta cyumweru cy’ubusa adashyize hanze inshya, n’ubu ntabwo yigeze atenguha abakunzi be kuko yashyize hanze iyitwa ‘Bitware gake’.
Position ya Nessa na Beatkiller
Nessa na Beatkiller basanzwe babana nk’umugore n’umugabo bagakorana n’umuziki, bakoranye indirimbo bise ‘Position’.
Byihorere ya Fanta
Fanta umaze kwigarurira abakunzi b’umuziki kubera uburyo akora indirimbo abaramo inkuru zigezweho muri Kigali, kuri iyi nshuro yasohoye inshya yise ‘Byihorere’.
Indirimbo zo hanze



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!