00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cody Longo yapfuye ku myaka 34

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 11 February 2023 saa 11:11
Yasuwe :

Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Cody Longo yitabye Imana ku myaka 34, nyuma y’iminsi ahangana n’ikibazo cyo kuba imbata y’inzoga nyinshi.

Nk’uko TMZ yabyanditse, inkuru y’urupfu rwa Cody Longo yamenyekanye ku wa Gatanu tariki 10 Gashyantare 2023 bitangajwe n’umuryango we, nyuma y’iminsi itatu apfiriye mu rugo rwe aho yaratuye muri Texas.

Bivugwa ko hari nyuma y’uko avuye muri ‘Rehab’ ikigo gishinzwe gufasha abantu babaswe n’ibiyobyabwenge kubireka no gukira ingaruka zabyo mu minsi ishize, kubera kibazo cyo kubatwa n’inzoga yari afite.

Uyu mukinnyi wa filimi yavutse tariki ya 4 Gicurasi 1988 avukira muri Leta Zunze ubumwe za Amerika mu gace ka Littleton muri Leta ya Colorado, yamenyekanye bwa mbere muri filime y’uruhererekane ‘Bring It On: Fight.

Uyu mugabo asize abana batatu yabyaranye n’umugore we Stephanie Longo wamamaye ku mbuga nkoranyambaga akaba n’umubyinnyi, bashakanye mu 2015.

Umugore we Stephanie Longo mu butumwa yatanze nyuma y’urupfu rw’umugabo we, yavuze ko uyu yari byose ku muryango we kandi yawitagaho.

Ati “Abana nanjye dushenguwe n’agahinda. Yari papa mwiza. Tuzagukumbura iteka kandi turagukunda cyane.”

Cody Longo yakinnye muri filime zitandukanye zirimo ‘Wildflower’, ‘Death House’, ‘Not today’ n’izindi.

Cody Longo yapfuye afite imyaka 34
Cody Longo yari yarashakanye na Stephanie wamamaye ku mbuga nkoranyambaga akaba ari n'umubyinnyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages