Ibi byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na Country Records kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Gicurasi 2024, rigaragaza ko imikoranire y’iyi studio na Prince Kiiiz yarangiye, ariko bazakomeza umubano bari bafitanye hagati y’abakorera muri iyi studio nawe.
Rikomeza rivuga ko AfroGako itavumbuwe na Element ukomeje kuyiyitirira, ahubwo yaturutse ku cyerekezo nyiri studio yari afite. Riti “Injyana ya AfroGako yaturutse ku cyerekezo cy’uwatangije studio (Noopja), ntabwo uwahoze ari mu ikipe y’abadufasha, umwana twavumbuye, tukamufasha tukanamukuza tukamwita Element Eleeeh yagize uruhare mu ivumburwa ryayo.’’
“Twamaganye ibivugwa bidafite ishingiro kandi tugashimangira ubumwe mu guteza imbere uruganda rwacu. Turashishikariza abatunganya indirimbo bose gukoresha iyi njyana, ariko ntabwo twakwihanganira abatesha agaciro igitekerezo ndetse n’uwashyizeho ikirango cy’injyana; ukuri n’igihe birahari kuri twese.’’
Rikomeza rivuga ko iyi studio ishyize imbere gukomeza guteza imbere impano cyane iz’abato, mu rwego rwo gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu; bagaha ikaze buri wese wifuza gukorana nayo, yaba ibigo bitandukanye n’abantu ku giti cyabo.
Nyuma yo kugenda kwa Prince Kiiiz, ubu Country Records isigayemo Producer Pakkage na mugenzi we Kozze, ndetse ni nabo bagiye gusigara mu cyimbo cye mu gihe hataraboneka undi wabiyungaho. Aba nabo ntabwo boroshye cyane ko nka Pakkage yakoze indirimbo zakunzwe zirimo “Akayobe’’ ya Manick Yani na King James n’izindi.
Ni mu gihe Kozze yakoze indirimbo zakunzwe zirimo “Pyramid ( TaTa)” ya Kevin Kade , Drama T na Kivumbi King, “Amayoga’’ ya Kevin Kade, “Demu’’ ya Bob Pro, Kevin Kade na Mistaek, “One Time’’ ya Shemi, “Ni Forever’’ ya The Ben n’izindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!