00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cristiano Ronaldo ntagikinnye muri film "The manipulator"

Yanditswe na

Manzi Lema Jules

Kuya 24 October 2015 saa 10:56
Yasuwe :

Nyuma yo guhagarikwa gukina muri filim yitwa “The Manipulator” ivuga ku buzima bw’umuherwe w’Umutaliyani Alessandro Proto yanditswe na Martin Scorsese, Cristiano ashobora kwishyurwa n’uyu muherwe miliyoni 22 z’amadorali y’Amerika kubera ko yateshwejwe umwanya atangira kwiga uko azakina none akaba yambuwe uwo mwanya.

Ronaldo yagombaga kuzakina muri iyo film ari we mukinnyi mukuru ariko uyu muherwe yavuze ko adashaka ko Ronaldo ajya muri filim ye ahubwo azemera akamuha miliyoni 22 z’amadorali y’Amerika aho kugira ngo ayikinemo.

Yagize ati:” Simushaka muri filim ivuga ku buzima bwanjye. Ibi nabyumvikanyeho na Martin Scorsese. Ronaldo ntabwo azagaragara muri iyi film. Ambabarire niba yumva ari ukumutesha agaciro. Mu buzima bimwe ubigeraho ibindi ntubigereho. Nibiba ngomba kumwishyura miliyoni 22 z’amadorali nzazimuha jye ubwanjye.”

Mu masezerano Ronaldo yasinye mbere yo guhabwa uyu mwanya harimo ingingo ivuga ko aramutse abujijwe gukina nyuma yakwishyurwa miliyoni 10 z’ama-Euro ariko abanyamategeko b’uyu mukinnyi bahisemo kwaka ayikubye kabiri.

Cristiano Ronaldo, ashobora kwishyurwa miliyoni 22 z'amadolari kubera guhagarikwa gukina muri iyi film

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages