00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Davis D yatanze amafaranga, asangira n’abafana mu Biryogo (Amafoto)

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 31 December 2023 saa 11:25
Yasuwe :

Icyishaka David wamamaye nka Davis D yatembereye mu Biryogo mu Karere ka Nyarugenge kuri iki Cyumweru, asangira iminsi mikuru n’abafana be abandi abasigira amafaranga yo kwishimira umwaka mushya wa 2024.

Ni igikorwa Davis D yakoze mbere y’uko umwaka wa 2023 ugana ku musozo, abwira abafana be ko ari bo batumye aba icyo ari cyo kandi ko iyo batahaba atari kugera kubyo yagezeho.

Yagize ati "Iyo hataba mwebwe simba ndi uwo ndiwe. Hano mu Biryogo niho nkesha ubwamamare. Mwarakoze kunshyigikira, muze dusangire".

Ni Igikorwa cyabaye ku gicamunsi cyo ku cyumweru Tariki 31 Ukuboza 2023. Yafashe umwanya wo kwifotozanya n’abafana. Aho yanyuraga hose yabasigiraga amafaranga abandi akabaganiriza.

Davis D kandi yatembereye muri Car Free Zone mu Biryogo ahazwi nko mu ‘Marangi’ abo ahasanze abagurira ibyo kurya barasangira.

Yabifurije umwaka mushya muhire wa 2024, abizeza ibikorwa bidasanzwe by’umuziki.

Ubwo abakorera mu Biryogo bahagarikaga imodoka ya Davis D
Imodoka ya Davis D, yatangiriwe n'abafana be
Davis D yatunguye Bad Rama ubwo yari mu Kiganiro 'The Don Podcast'
Uyu mukobwa yatahanye ifoto y'urwibutso nyuma yo guhura na Davis D
Bamwe mu bafana ba Davis D batahanye amafaranga
Mu Marangi aho Davis D yanyuraga yaguriraga abafana ibyo kurya
Abakunzi ba Davis D bafasha amafoto y'urwibutso
Mu Biryogo abantu bari urujya n'uruza bifuza kubona Davis D
Abana bahawe rufari baganira na Davis D
Abakunzi ba Davis D bamusanze aho yari yicaye bamwaka ifoto
Abana bahawe umwaka mushya bashimira Davis D

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages