Ni Iserukiramuco ryatumiwemo abahanzi bakomeye barimo Ruger wo muri Nigeria, Tittom na Yuppe bo muri Afurika y’Epfo by’umwihariko bakaba barubatse izina kubera indirimbo yabo ‘Tshwala Bam’.
Mu kiganiro na IGIHE, Davis D yavuze ko bamwongeye muri iri Serukiramuco aho ategerejwe kuririmba ku wa 20 Nyakanga 2024 mu gitaramo azahuriramo na Ruger ufite izina rikomeye muri Nigeria.
Ati “Ni iserukiramuco ry’iminsi itatu rizabera muri Pologne, njye ntegerejwe kuririmba tariki 20 Nyakanga 2024 mu gitaramo nzanahuriramo na Ruger.”
Davis D umaze iminsi i Burayi yageze mu Bufaransa ku wa 2 Nyakanga 2024 yabwiye IGIHE ko agiye mu bitaramo bitandukanye birimo icyo ateganya kuhakorera ku wa 14 Nyakanga 2024 cyane ko ari naho azatorera.
Ibi bitaramo byose Davis D agiye kubikora nyuma y’iminsi mike atangaje ko yiteguye gukora igitaramo cyo kwizihiza imyaka icumi amaze mu muziki, iki bikaba byitezwe ko kizabera mu Mujyi wa Kigali mu minsi iri imbere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!