Mu ijoro ryo ku wa 27 Kamenza 2026 muri Mundi Center habereye igitaramo gitegurwa na DJ Lamper ari na we uba ari umushyitsi w’umunsi.
Yari yatumiye abahanga mu kuvanga imiziki barimo DJ Infinity, Selekta Faba, DJ Rusam&TLex n’abandi banyuranye.
Hari hanatumiwe Diez Dolla wataramiye abantu abaririmbira indirimbo ze nka ‘Extra Stamina’ igezweho muri iyi minsi, ‘Repete’, ‘Zangalewa’, ‘Ratata’ n’izindi zinyuranye zatumye uyu muhanzi ava ku rubyiniro ubona abafana badashize ipfa.
Benshi mu bavanga imiziki bari batumiwe muri iki gitaramo, wasangaga bibanda cyane ku gucuranga nyinshi mu ndirimbo zigezweho muri iyi minsi nubwo hataburaga ushyiramo izakunzwe mu myaka yo hambere.
Uretse gususurutsa abitabira ibi bitaramo, Eric Lamperti uzwi nka DJ Lamper aherutse kubwira IGIHE ko yatangije umuryango ‘Atmosfera Foundation’ ugamije gufasha abatishoboye aho ku mafaranga binjije hari avanwamo akagenerwa ibyo bikorwa by’ubugiraneza.
Kuva yatangira uyu muryango ni igitaramo cya kabiri akoze, aho byitezwe ko mu minsi iri imbere azakusanya amafaranga ari kubivamo akayafashisha abatishoboye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!