Mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki 9 Kanama 2024 nibwo DJ Brianne yabatirijwe mu mazi menshi ari kumwe n’abandi bayoboke bashya b’itorero rya Elayono Pentecoste Blessing Church riyoborwa na Rev. Prophet Ernest Nyirindekwe.
DJ Brianne yanditse ubutumwa ku rubuga rwa X agaragaza ko yakiriye agakiza.
Ati “Ndi uwawe ubu n’iteka ryose Mwami Mana yanjye. Ujye unyobora muri byose nkora. Ni wowe niringiye ubu n’iteka ryose.”
DJ Brianne amaze amezi abiri atangiye gukorera ku Isibo Radio akaba abikesha izina yakuye ku mbuga nkoranyambaga no mu kazi ko kuvanga imiziki.
Afite umuryango yashinze witwa ‘La Perle’ cyangwa se ‘Brianne Foundation’ ufasha abana barenga 40.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!