00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

DJ Kiss yahigitse abandi mu bavanga imiziki bakizamuka i Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 11 November 2018 saa 01:10
Yasuwe :

Dj Kiss yahigitse abandi bazobereye mu kuvanga imiziki, aba uwa mbere mu irushanwa ryateguwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi mu Rwanda, ryitabirwa n’ibihumbi by’abakunzi ba muzika mu Mujyi wa Kigali.

Iri rushanwa ryari rigamije kwerekana impano nshya mu kuvanga imiziki mu Rwanda.

Ni ku nshuro ya mbere ryari ribereye mu Rwanda mu gitaramo gikomeye cyari cyitabiriwe na benshi mu ihema ryo muri Serena Hotel kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Ugushyingo 2018.

DJ Shine ukomoka mu Bufaransa, Dj Toxxyk na Dj Ira nibo bari bagize Akanama gashinzwe gutanga amanota.

Byari ibyishimo kuri bamwe! Bari babonye aho gusohokera ku buntu bakanyurwa n’imiziki y’aba-Dj barenga icumi bahatanaga.

Abari bitabiriye bari biganjemo urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa, bizihiwe bitavugwa babyina imbyino zitandukanye zigezweho.

Wabonaga akanyamuneza ari kose kubera uruvangitirane rw’umuziki wavangwaga n’urwenya rwa Nkusi Artur bakunze kwita Rutura wari uyoboye ibi birori.

Hari nk’aho yarebye uburyo abasore bamwe bari bahimbawe babyinisha abakobwa ntacyo bikanga ati” Nk’umuntu utereta muri rusaku abigenza ate? Ibaze kubwira umukobwa ngo ndagukunda n’iyi miziki iri hano. Abasore b’i Kigali ntimworoshye.”

Muri iri rushanwa, habanje kubaho icyiciro cya mbere aba-Dj bose uko ari icumi berekana impano zabo nyuma haza gutoranywa batanu bagombaga kuvamo uhiga abandi.

Batanu bageze mu cyiciro cya nyuma barimo Dj Kim, Dj K.C, Dj Kalex, Dj Kiss na Dj Jullz.

Bimwe mu byagenderwaho muri iri rushanwa hatangwa amanota ni uko Umu-Dj yashyuhije abari bitabiriye n’ubuhanga yagaragaje.

Aba uko ari batanu bahise bongera guhabwa akanya ngo bagaragaze impano zabo. Dj Kiss yishimiwe kurusha abandi, akurikirwa na Dj Kalex wabaye uwa kabiri na Dj Kim wabaye uwa gatatu.

Mugisha Eric [Dj Kiss] w’imyaka 22 yabwiye IGIHE ko ari ishema kuri we ndetse bigiye gufungura imiryango myinshi mu rugendo rwe rwo kuvanga imiziki yatangiye akiri muto.

Ati “Izina ryanjye rigiye kumenyekana, banambwiye ko bagiye kunsinyisha amasezerano n’ubwo ntazi ayo ariyo ndetse ndajya no gukarishya ubwenge hanze y’u Rwanda.”

DJ Shine ukomoka mu Bufaransa, Dj Toxxyk na Dj Ira bari bagize akanama gashinzwe gutanga amanota bahise bajya ku rubyiniro berekana ubuhanga buhambaye mu kuvanga imiziki ndetse bamwe mu bahatanaga batashye bakubita agatoki ku kandi ko bashaka kugera ku rwego nk’urwego bamaze kugeraho.

Batatu begukanye bahigitse abandi, bahawe impano gusa ntibyigeze bitangazwa ikirimo.

Dj Kalex wabaye uwa kabiri ahabwa impano
Dj Kim wabaye uwa gatatu
Dj Kim wabaye uwa gatatu muri iri rushanwa
Aba-Dj icumi babanje guhatana hatoranywamo batanu bakomeza mu kindi cyiciro
Ikirori cyari cyahiye...
Abanyabirori b'i Kigali babyinnye karahava
Dj Ira nawe yagiye ku rubyiniro yerekana ubuhanga bwe mu kuvanga imiziki
Dj K.C wari uri mu bahatanye yageze muri batanu bahataniye umwanya wa mbere ariko ntiyabasha gutsinda
Dj Kiss yagaragaje ubuhanga yanikira bagenzi be yegukana umwanya wa mbere
Dj Kiss yahawe impano nk'uwahize abandi
Dj Shine wari waturutse mu Bufaransa yari mu Kanama Nkemurampaka nawe yahawe umwanya yerekana ubuhanga bwe
Dj Toxxyk nawe yasusurukije abari bitabiriye uyu mugoroba
Mu ihema rya Serena Hotel hari hakubise huzuye
Nta cyaka cyari gihari
Uhereye ibumoso DJ Ira, Rutura wayoboye ibirori na DJ Shine
Akanama Nkemurampaka kari kagizwe na DJ Toxxyk , DJ Shine na DJ Ira
Umukobwa witwa DJ Tangawizi, izina rye ryatangaje benshi

Amafoto: Muhizi Serge& Niyonzima Moses

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages