00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

DJ Lamper yatanze ibyishimo muri ‘Atmosfera’ yahereyemo ikaze abashyitsi bitabiriye BAL (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 24 May 2026 saa 06:37
Yasuwe :

DJ Lamper uri mu bavanga imiziki bagezweho mu Rwanda yatanze ibyishimo mu gitaramo ‘Atmosfera’ yahereyemo ikaze abashyitsi bitabiriye imikino ya nyuma ya BAL iri kubera i Kigali.

Ni igitaramo cyabereye ahitwa ‘Atelier du vin’ mu ijoro ryo ku wa 23 Gicurasi 2026, aho uretse DJ Lamper cyanitabiriwe n’abahanga mu kuvanga imiziki banyuranye hano mu Rwanda.

Ni igitaramo cyitabiriwe n’abanyamujyi banyuranye, icyakora byoroheraga buri wese wacyitabiriye guhita abona ko kirimo abashyitsi benshi bari i Kigali.

Ibi binajyanye n’uko iki gitaramo cyari cyahawe inyito yo guha ikaze abashyitsi bitabiriye imikino ya BAL iri kubera i Kigali.

Abahanga mu kuvanga imiziki bari batumiwe muri iki gitaramo barimo Inkel, DJ Benda n’abandi banyuranye barimo na DJ Lamper.

Nk’uko DJ Lamper aherutse kubitangariza IGIHE, amafaranga ava muri ibi bitaramo azajya avanwamo make ashyirwe muri ‘Atmosfera Foundation’ mu rwego rwo gufasha abatishoboye.

Ibi DJ Lamper yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE. Ati “Maze igihe ntegura ibitaramo Abanyarwanda bakanyitaba, nanjye ndumva nshaka kubitura mfasha abatishoboye mu mafaranga nzajya mba nacuruje mu matike.”

Atmosfera ni ibitaramo ngarukakwezi bitegurwa na DJ Lamper. Mu minsi ishize uyu musoze yizihije umwaka wari ushize atangiye kubitegurira mu Mujyi wa Kigali.

Urubyiniro rwa Atmosfera ni uku rwari ruteguye
Ni igitaramo cyari cyiganjemo abashyitsi basuye u Rwanda rwakiriye imikino ya BAL
Ubwitabire bwari hejuru mu gitaramo 'Atmosfera'
Inkel ni umwe mu bahanga mu kuvanga imiziki bari kuzamuka neza mu Rwanda
DJ Benda wamamaye mu kubyina, amaze kuzamura izina rye mu byo kuvanga imiziki
DJ Benda aba avanga imiziki anafite ababyinnyi bamufasha gususurutsa abakunzi b'umuziki
DJ Lamper yitabiriye iki gitaramo afite babyinnyi bafite imipira ya Basketball, n'abakobwa bambaye nk'ababyinnyi basusurutsa abitabiriye iyi mikino
Umwaka urarenze, DJ Lamper atangije ibitaramo 'Atmosfera' biri mu bikomeye mu Rwanda
Amafaranga avuye muri ibi bitaramo, akurwamo make ajyanwa muri 'Atsmosfera Foundation' ifasha abatishoboye

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages