Nyuma yo gutabaza avuga ko abangamiwe n’agatsiko k’abantu bamubuza amahwemo ndetse bakamuharabika ku mbuga nkoranyambaga, Pizzo Cassien, ‘nyiri Max TV’ n’undi musore ukoresha imbuga nkoranyambaga uzwi nka Kazungu Kaboss, bahise batabwa muri yombi.
Aba uko ari babiri batawe muri yombi, mu gihe abandi bakurikiranywe muri iki kirego, biganjemo abari hanze y’u Rwanda, ikibazo cyabo kitarakemuka.
Nyuma y’iminsi Pizzo Cassien na Kazungu Kaboss bamaze bafunze, DJ Sonia yafashe icyemezo cyo kubaha imbabazi, bituma barekurwa barataha.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, DJ Sonia yagize ati "Ninjye wafashe icyemezo cyo kubababarira. Ni uburyo bwo kubereka ko ntahwanye na bo kandi nta kibi mbifuriza. Mu magambo make ni ukubaruta nubwo bo bampemukiye. Nabahaye imbabazi, ariko byumvikane neza ko ari aba babiri babashije kwitaba ubutabera. Abandi bo ibyabo bizakomeza gukurikiranwa."
DJ Sonia yavuze ko abona aba babiri yahaye imbabazi barigiye isomo rikomeye mu bihe bamazemo iminsi.
Yakomeje avuga ko n’abandi ataraha imbabazi na bo azazibaha nibaramuka bazimusabye babikuye ku mutima.
Ati "Nibaze bazinsabe. Nimbona koko bazisaba babikuye ku mutima, nzazibaha nta kibazo. Ariko ku rundi ruhande, ntabwo nababarira umuntu utigeze ansaba imbabazi."
Nubwo DJ Sonia atigeze atangaza amazina y’abandi baregwa muri iyi dosiye, amakuru ahari ahamya ko yareze abantu barindwi bagiye bagaragara mu bikorwa byo kumusebya ku mbuga nkoranyambaga. Ibi bivuze ko nyuma yo kubabarira aba babiri, hasigaye abandi batanu bagikurikiranwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!