00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Donald Trump yikomye Rihanna

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 14 February 2023 saa 11:16
Yasuwe :

Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yikomye Rihanna, avuga ko atanejejwe n’igitaramo uyu muhanzikazi yakoze ku wa 13 Gashyantare 2023, cya Super Bowl Halftime Show.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Donald Trump yagaragaje ko iki gitaramo kitigeze kimunezeza nk’ibindi bitaramo byatambutse.

Ati “Ntagushidikanya ko Rihanna yatanze igitaramo kidashimishije mu mateka y’ibitaramo bya Super Bowl, nyuma yuko uyu muhanzikazi atutse abarenga kimwe cya kabiri cy’abagize igihugu.”

Bivugwa ko ibi Donald Trump yabigarutseho nyuma y’ikibazo yagiranye n’uyu muhanzikazi akaba n’umunyamideli Robyn Rihanna Fenty mu 2020, ubwo yashyiraga ifoto ku mbuga nkoranyambaga ari imbere y’igikuta gishushanyijeho ijambo rituka izina ry’uyu munyapolitike.

Iki ni gitaramo Rihanna yakoreye mu mujyi wa Arizona kuri State Farm Stadium nyuma y’imyaka itanu yaramaze atagaragara ku rubyiniro, ndetse yagaragarijemo abakunzi be ko agiye kwibaruka ubuheta.

Mu 2020 Rihanna yagaragaye yafatiye ifoto ahanditse amagambo atuka Donald Trump
Rihanna mu gitaramo yakoze nyuma y'imyaka itanu atagaragara ku rubyiniro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages