Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Donald Trump yagaragaje ko iki gitaramo kitigeze kimunezeza nk’ibindi bitaramo byatambutse.
Ati “Ntagushidikanya ko Rihanna yatanze igitaramo kidashimishije mu mateka y’ibitaramo bya Super Bowl, nyuma yuko uyu muhanzikazi atutse abarenga kimwe cya kabiri cy’abagize igihugu.”
Bivugwa ko ibi Donald Trump yabigarutseho nyuma y’ikibazo yagiranye n’uyu muhanzikazi akaba n’umunyamideli Robyn Rihanna Fenty mu 2020, ubwo yashyiraga ifoto ku mbuga nkoranyambaga ari imbere y’igikuta gishushanyijeho ijambo rituka izina ry’uyu munyapolitike.
Iki ni gitaramo Rihanna yakoreye mu mujyi wa Arizona kuri State Farm Stadium nyuma y’imyaka itanu yaramaze atagaragara ku rubyiniro, ndetse yagaragarijemo abakunzi be ko agiye kwibaruka ubuheta.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!