Ibi bitaramo Dr Nganji yise ‘Rapstars Experience’ bihuza abaraperi bashya n’abamaze kubaka izina mu rwego rwo kubona aho abafite impano bazajya bazigaragariza.
Ibi bitaramo bimaze kuba inshuro eshatu, icya nyuma cyabaye ku wa 11 Gicurasi 2024, kikaba cyarahuje abarimo Romeo Rapstar, Ice Nova, Bushali na B Threy.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Dr Nganji yavuze ko bari gutegura ibi bitaramo mu rwego rwo kugaragaza impano nshya by’umwihariko mu njyana ya Hip Hop.
Ibi bitaramo ngarukakwezi byitezwe ko bizajya binafasha abahanzi bakiri bato kubona aho bataramira bamurika album nshya cyangwa EP nshya baba bakoze.
Ibi bitaramo byanyuzemo abahanzi nka Racine, Khalfan ndetse na Fireman byitezwe ko bizajya biba buri mwaka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!