00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Drake yazuye akaboze ku makimbirane ye na Kendrick Lamar

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 19 April 2026 saa 07:30
Yasuwe :

Umuraperi Drake, umaze igihe kinini mu ntambara na mugenzi we Kendrick Lamar, yateye utwatsi umwanzuro w’urukiko ajurira icyemezo cy’urukiko, rwemeje ko indirimbo "Not Like Us" y’uyu mugenzi we nta gisebo yamuteye, akifuza ko amategeko yagira icyo abikoraho.

Nyuma y’uko iki kirego cyagaragazaga ko yasebejwe giteshejwe agaciro, Drake yongeye kujyana mu nkiko sosiyete ya ‘Universal Music Group (UMG)’ yafashije Kendrick Lamar gusohora iyi ndirimbo "Not Like Us" akavuga ko imwibasira.

Mu kirego gishya, abo ku ruhande rw’abanyamategeko be batsindagira ingingo bari bashyize mu kirego cya mbere muri Mutarama ya 2026 ariko bakongeramo izindi ngingo zibarengera.

Uru ruhande rukomeza ruvuga ko iki kirego cyateshejwe agaciro mu buryo budakwiye kandi ko iyi ndirimbo itagakwiye kuba yarafashwe nk’aho ntacyo yangiza mu misesengurire y’injyana ya Rap.

Bemeza ko iyi ndirimbo irimo ibinyoma byo gushinja Drake kuba umunyabyaha ushuka abana batujuje imyaka y’ubukure akabasambanya.

Bakomeza bavuga ko amagambo y’iyi ndirimbo yarenze umurongo wo gukabya bisanzwe bikagera ku gusebanya no guharabika.

Muri iki kirego bagaragazamo ko ikibazo atari amagambo y’indirimbo gusa ahubwo bemeza ko n’uburyo indirimbo yasakajwemo buteye ikibazo.

Uruhande rwa Drake rukomeza ruvuga ko ubugeni bugize iyi ndirimbo, n’amashusho yayo byakomeje gusigiriza ibinyoma byafatwa n’abatazi iby’umuziki nk’ukuri.

Drake akomeza gushinja Universal Music Group ayiziza kwamamaza ndirimbo no gushyigikira ibinyoma ndetse no kwangiza izina rye.

Ubu hategerejwe ikizakurikiraho muri iki kirego gishya aho impande zombi zizabazwa n’inteko y’iburanisha. Icyakora nta tariki bizaberaho iramenyekana.

Drake yazuye akaboze ku makimbirane ye na Kendrick Lamar

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages