00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Eddy Kenzo akomeje gushakisha umuryango we ukomoka mu Rwanda

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 25 June 2026 saa 01:53
Yasuwe :

Edrisah Kenzo Musuuzah ‘Eddy Kenzo’ uhagarariye urugaga rw’abahanzi muri Uganda, yashyize imbaraga mu gushakisha umuryango we wabuze nyuma y’uko abaye impfubyi akiri muto cyane. Hari amakuru yatangiye kubona avuga ko uwo muryango ushobora kuba usigaye utuye mu Rwanda mu Karere ka Kayonza.

Uyu muririmbyi, ubifatanya no gutunganya indirimbo, avuga ko mama we yari Umunyarwandakazi, mu gihe papa we yari Umunya-Uganda. Yavuze ko nyina yitwaga Angelina icyakora ntiyibuka izina rye rindi.

Aganira na Yago TV Show, Eddy Kenzo yavuze ko ubwo aheruka kwerekana amafoto yabo ku mbuga nkoranyambaga, hari umuntu uri mu Bwongereza wamuhaye amakuru ko umuryango wa mama we wasubiye mu Rwanda ukajya mu Burasirazuba mu Karere ka Kayonza.

Ati “Ubu ndumva nzajya kureba uwo muntu, ndumva aba mu Bwongereza, kugira ngo ambwire ibirenze kuri iyo nkuru”.

Yakomeje avuga ko uwo muntu yamubwiye ko muri uwo muryango wo kwa mama we harimo mubyara wa Eddy Kenzo w’umukobwa witwa ‘Kyasimire’. Ni umukobwa wa musaza wa mama wa Eddy Kenzo.

Kenzo avuga ko mama we n’umuryango we bahungiye muri Uganda bavuye mu Rwanda kubera umutekano muke waharangwaga muri icyo gihe biri no mu byagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. N’ubwo atibuka neza agace umuryango wa mama we waturutsemo mu Rwanda, ariko ahamya ko ari ahitwaga i Gitarama cyangwa i Nyarutarama.

Nyina yitabye Imana Eddy Kenzo agifite hagati y’imyaka itatu n’ine. Yahise abura umuryango umwakira kuko yari yarabuze se umubyara ndetse atangira kubaho mu buzima bwo ku muhanda nka mayibobo ashakisha imibereho. Ku myaka 15 yatangiye umuziki, agize 17 atangira kumenyekana.

N’ubwo ibi byose byamubayeho, Eddy Kenzo avuga ko yamaze kubyakira ndetse ko arenzaho ubuzima bugakomeza kandi akita no ku bamukomokaho.

Eddy Kenzo akomeje gushakisha umuryango we ukomoka mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages