00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Eddy Kenzo yatangiye gufasha abanyempano mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 30 March 2024 saa 02:55
Yasuwe :

Umuhanzi wo muri Uganda Eddy Kenzo yatangiye gufasha abana bo mu Rwanda bari hagati y’imyaka 14 na 15 bafite impano yo guconga ruhago binyuze mu ishuri rye yise ‘Big Talent Soccer Academy’.

Eddy Kenzo uri mu Rwanda yitabiriye igitaramo cya Platini P cyitwa ‘Baba Experience’ yatangaje ko abana bo mu Rwanda bafite impano mu mupira w’amaguru abohereza i Nairobi muri Kenya bagakora isuzuma ry’ibanze mbere y’uko boherezwa muri iryo shuri rye riherereye i Kampala muri Uganda.

Yagize ati”Ku bijyanye n’ubucuruzi bw’umupira w’amaguru rero nkorana bya hafi n’abashinzwe kureba abanyempano kandi dukorana neza.”

” Hashize igihe dufata abanyempano ba hano mu Rwanda tukabohereza i Nairobi mu igeragezwa. Twafashe abafite imyaka iri hagati ya 14 na 15 y’amavuko, abatsinze igerageza tubahuriza hamwe bakiga banakina umupira w’amaguru. Ni byo biragenda buhoro ariko urabizi neza umupira w’amaguru urahenda bisaba abafatanyabikorwa benshi.

Muri Nyakanga 2022 ubwo Eddy Kenzo yari mu Rwanda yaconze ruhago i Nyamirambo kuri Stade ya Mumena.

Nyuma yahaye ikiganiro itangazamakuru ahishura ko mu byamugenzaga harimo no gushaka impano z’abakinnyi b’umupira w’amaguru noneho abagaragaje ubuhanga bakoherezwa mu ishuri rye ryitwa Big Talent Soccer Academy.

Eddy Kenzo afite nyina w’umunyarwandakazi, Se akaba Umunya-Uganda. Imyinshi mu mishinga akorera mu Rwanda akunze gusobanura ko afitanye isano ya hafi n’u Rwanda ari nayo mpamvu avuga Ikinyarwanda yigishijwe na nyina.

Eddy Kenzo yatangiye gufasha abanyempano bo mu Rwanda abahuriza hamwe bakiga gukina umupira
Eddy Kenzo ni umwe mu bahanzi baba hafi abahanzi nyarwanda mu bikorwa bitandukanye
Eddy Kenzo yatangiye gufasha abanyempano bo mu Rwanda biciye muri Big Talent Soccer Academy

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages