Kwinjira muri iri huriro si ikintu gihabwa buri wese. ‘European Film Academy’ itanga ubunyamuryango ku bakora sinema basanzwi bafite ibikorwa bifatika byanamenyekanye.
Ubunyamuryango ba ‘European Film Academy’ buhabwa abakinnyi, abayobozi ba filime, abanditsi n’abatunganya filime basabwa kuba baragize uruhare rugaragara nibura muri filime eshatu ndende zerekanwe mu maserukiramuco ya sinema akomeye.
Ku rundi ruhande ariko abegukanye cyangwa bahataniye ibihembo bikomeye bya sinema na bo bahabwa amahirwe yo kwinjira muri iri huriro.
Eliane Umuhire amaze imyaka myinshi ari umwe mu bakinnyi ba filime bo muri Afurika bafite izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga.
Yakinnye muri filime zitandukanye zamenyekanye zirimo “Birds Are Singing in Kigali”, “Augure” n’izindi zamuhesheje ibihembo mu maserukiramuco mpuzamahanga.
Kuba umunyamuryango wa ’European Film Academy’ bifungura amarembo menshi arimo kugira uruhare mu gutora abegukana ibihembo bya “European Film Awards”, kwagura umuyoboro w’abakora sinema bahurira muri iri huriro no kugira uruhare mu bikorwa biteza imbere uruganda rwa sinema y’u Burayi.
Mu nshingano ze nshya, Eliane Umuhire azajya agira uruhare mu bikorwa by’iri huriro birimo gutanga ibitekerezo ku iterambere rya sinema, gutora filime n’abakinnyi bahatanira ibihembo bya ’European Film Awards’ n’ibindi.
Kwinjira muri ’European Film Academy’ ni indi ntambwe ikomeye yerekana uko Eliane Umuhire akomeje kuzamura ibendera ry’u Rwanda muri sinema mpuzamahanga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!